Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ab’i Kigali Ibicurane ‘Byabarembeje’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Ab’i Kigali Ibicurane ‘Byabarembeje’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 May 2021 11:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko hari abatuye Umujyi wa Kigali benshi batangaza ko barwaye cyangwa barwaje ibicurane ndetse bamwe bakabyandika kuri Twitter, Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima kirabagira inama yo kwisuzumisha bakareba niba bitaba ari COVID-19.

Bamwe mu batangaje ko bafite abo mu muryango wabo barwaye ibicurane kandi ari benshi  baba no mu rugo rumwe harimo Madamu Nathalie Munyampenda.

Yanditse ati: “ Ibi bicurane na grippe biri i Kigali birakaze, mwitonde! Twari tumaze umwaka urenga iwanjye tutabirwara ariko ubu hafi ya twese turi gukorora”

Nathalie Munyampenda

Avuga ko mu minsi ishize byari byarazahaje umukobwa we muto, ariko ngo ubu niwe[Munyampenda] byadukiriye. Avuga ko ubwo yabyanduraga yatekereje ko yaba ari ‘ubundi bwoko’ bwa COVID-19.

Umunyamakuru Edmond Kagire nawe kuri Twitter yavuze ko ibicurane biriho muri iki gihe wagira ngo ni ikindi cyorezo, asaba abashakashatsi kubisuzumana ubwitonzi.

Edmond Kagire

RBC iti: Mwitonde hari ubwo yaba ari COVID…

Dr Sabin Nsanzimana uyobora Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima yabwiye Taarifa ko ‘koko umubare w’abarwaye ibicurane n’inkorora muri Kigali uri kuzamuka.’

Avuga ko imibare bafite yerekana ko abantu banduye iriya virus  bita influenza ari benshi muri iki gihe.

Dr Nsanzimana avuga ko imwe mu mpamvu iri kubitera ari uko ubutaka buri gukamuka, igihe cy’imvura kikaba kiri gusimburwa n’icy’izuba bityo ivumbi rikazamuka.

N’ubwo bimeze gutyo ariko, asaba abaturage cyane cyane abo mu mujyi wa Kigali kutabifata nk’aho ari ibicurane gusa ahubwo ko banakwipimisha bakareba niba nta bwandu bwa COVID-19 bwaba burimo.

Ati: “ Abantu bafite ibicurane n’inkorora kandi babana mu rugo twabagira inama yo kujya kwisuzumisha kugira ngo harebwe niba nta bwandu bwa COVID-19 bwaba burimo.”

Dr Sabin Nsanzimana

Avuga ko n’ubwo ubwandu muri Kigali bwagabanutse ariko ngo ntawakwemeza ko bwahacitse bityo ko inama nziza ari ukwisuzumisha hakarebwa niba ntawanduye kiriya cyorezo kimaze kwica Abanyarwanda barenga 300.

TAGGED:featuredIbicuraneMunyampendaNatalieNsanzimanaRBCUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inguzanyo Ya Miliyoni $120 Igiye Gutuma U Rwanda Ruhomba Akayabo
Next Article Animateri Wo Muri Saint André Aravugwaho Gukubita Abanyeshuri ‘Bikomeye’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?