Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ab’i Rubavu Bongeye Kwibutswa Uko Bakwirinda ‘Ibyaha’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ab’i Rubavu Bongeye Kwibutswa Uko Bakwirinda ‘Ibyaha’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2021 5:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu kagari ka Kabumba, Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu basuwe n’abagenzacyaha bakorera Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, basobanurirwa uko ibyaha bikorwa, uko byirindwa, uko babikumira n’uburyo bazajya babimenyesha inzego ngo bikurikiranwe.

Abaturage bahagarariye abandi nibo baje kumva ziriya nama kugira ngo bazajye kuzikangurira bagenzi babo kuko guhuriza abaturage benshi ahantu hamwe bitemewe kubera kwirinda cyanduzanya COVID-19.

Ibyaha byibanzweho mu gusobanurirwa abaturage ni ibyerekeye ihohoterwa rikorerwa abana n’irishingiye ku gitsina.

Nyuma yo gusobanurirwa byose, abaturage babajije ibibazo birimo kumenya niba hari icyo amategeko ateganya mu kurinda umuntu utanze amakuru kuri runaka wakoze icyaha.

Umwe muri bo witwa Karangwa ati: “ Ko mudusaba kubaha amakuru y’aho twumvise rukana yakoze icyaha, twakwizezwa n’iki ko uwo twayatanzeho atazabimenya?”

Abagenzacyaha bamusubije ko mu mahame abagenga harimo iryo kudatangaza umwirondoro w’umutangabuhamya kandi ngo bakora k’uburyo arindwa.

Ikindi bariya baturage bahagarariye abandi babwiwe ni uko umuntu wese ukingiye ikibaba cyangwa  uhishiriye ukekwaho icyaha, nawe aba agikoze kandi abikurikiranwaho.

Abayobozi bitabiriye barimo abayobozi nshingwabikorwa b’Imirenge, ab’utugari, abajyanama b’ubuzima, abafasha myumvire, abahagarariye abafite ubumuga, abahagarariye abari n’abategarugori n’abandi ‘bavuga rikijyana.’

Mu minsi iri imbere ubu bukangurambaga buzakomereza mu yindi mirenge ya Rubavu yatoranyijwe, nyuma buzakomereze muri Musanze na Bugesera.

Hagati ayo ariko ubugenzacyaha buracyakomeje ubukangurambaga bukorerwa mu mashuri ariko muri iki gihe bwabaye busubitswe kuko abanyeshuri bari kwitegura ibizamini.

Abayobozi bahagarariye abandi bari baje kumva impanuro za RIB
Bari bari mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi
TAGGED:featuredIbyahaRubavuUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenneth Kaunda Wayoboye Zambia Ararembye, Arasaba Amasengesho
Next Article Abanyeshuri Ibihumbi 23 Biga Imyuga n’Ubumenyingiro Batangiye Ibizamini
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?