Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abibaga Moto Bakazihindurira Plaques Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Abibaga Moto Bakazihindurira Plaques Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2025 5:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abo bantu barakekwaho kwiba moto bakazihindurira plaques
SHARE

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu umunani ikekaho kwiba moto bakazihindurira ibyangombwa hanyuma zigakoreshwa mu yindi mirimo harimo no kuzikoresha ibyaha nk’uko umuvugizi w’uru rwego ACP Boniface Rutikanga abitangaza.

Uru rwego ruvuga ko rwari rumaze iminsi mu mukwabo bucece wo gushakisha ibinyabiziga abantu biba babakabikoresha indi mirimo itari iyo ba nyirabyo babiguriye.

ACP Boniface Rutikanga yavuze ko abakora ubwo bujura biba moto bakazihindurira ibyangombwa bakazambika ibitari ibyazo.

Avuga ko hari moto 136 zahinduriwe ibyangombwa bikozwe n’abazibye cyangwa abandi bafatanya muri ubwo bujura.

Rutikinga avuga ko abo bantu biba ibyo binyabiziga bakajya kubicurishiriza plaques/plate number mu magaraje.

Ati: “Mu iperereza twakoze twasanze moto 136 zose zagiye zihindurirwa ‘plaques’ ndetse 16 muri zo zifite ibyangomwa by’izindi.”

Iyo batazibye muri ayo magaraje, bazigura n’abari  basanganywe ibinyabiziga byashaje ariko ntibasubize plaque zabyo ahubwo bakazibika.

Atangaza ko abafite moto zakorewe ibyo ari bo bakunze gufatirwa mu byaha bitandukanye bikorwa hifashishijwe moto hirya no hino muri Kigali.

Yatangaje ko hari moto nyinshi Polisi yafashe, igiye guteza cyamunara kuko zidafite gikurikirana.

Umwe mu bibwe moto ikaba yabonetse witwa Nakate Josephine yavuze ko hashize imyaka itanu yibwe moto, icyo gihe ikaba yaribiwe mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge.

Yibwe mu mwaka wa 2019.

Mu gusobanura uko byagenze yagize ati: “Nahaye umuntu ngo ajye atwara moto yanjye hanyuma abajura baramutega baramuniga barayijyana. Nyuma mu mpera za 2024 nibwo kuri Polisi bampamagaye bambwira ko yabonetse gusa bari barayihinduriye ibirango”.

Mugenzi we witwa Muhashyi Jean d’Amour na we  yarabuze moto ye muri Gashyantare, 2024.

Moto ye yari yarayihaye umuhungu we ngo abe ari we uyitwara ariko iza kwibwa.

Avuga ko abantu babiri ari bo bateze umuhungu we baramuniga ntiyamenya aho yarengeye.

Ati “…Bageze mu Gakenke wa wundi bari kumwe na we yahise aza baramuniga batwara n’ibyangombwa byayo byose. Nyuma nayibonye barayinduriye ‘plaque”.

Buri gihe Polisi isaba abantu kwirinda ibyaha kuko bikururira ibyago no gukurikiranwa n’amategeko.

TAGGED:featuredIbyahaMotoPolisiRutikanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Israel Zatangiye Kwitegura Kuva Muri Gaza
Next Article Tshisekedi Yabwiye Abadipolomate Ko Guhana U Rwanda Ari Ngombwa 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?