Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abiga Ayisumbuye Bashyiriweho Uburyo Bwo Gukaza Ubumenyi Mu Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Abiga Ayisumbuye Bashyiriweho Uburyo Bwo Gukaza Ubumenyi Mu Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2021 3:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko mu myaka iri imbere kubona cyangwa kubura akazi bizaba bifitanye isano runaka n’ubumenyi umuntu azaba afite mu ikoranabuhanga, ni ngombwa ko Afurika muri rusange n’u Rwanda by’umwihariko biha abaturage buriya bumenyi kandi bigatangira hakiri kare.

The Bloomberg iherutse kwandika ko abatuye Afurika ari bo bazaba bafite abaturage benshi bacyeneye akazi kuko ari wo  mugabane uzaba ufite abakiri bato benshi ugereranyije n’uko bizaba bimeza ahandi.

Mu rwego rwo gufasha u Rwanda kuzaba rwariteguye muri uru rwego, ikigo kitwa The Allan and Gray Philanthropy cyatangije uburyo kise  Wavumbuzi Entrepreneurship Challenge, ubu buryo bukaba bugamije gufasha abiga amashuri yisumbuye kugira ubumenyi mu ikoranabuhanga.

Ni uburyo kandi bumaze igihe runaka bukoreshwa muri Afurika y’Epfo no muri Kenya.

Ubu niyo nshuro ya mbere bugiye gukoreshwa mu Rwanda.

Muri Kenya bwahageze mu mwaka wa 2019.

Ku murongo w’ibyo bariya banyeshuri biga harimo uburyo bwo gutekereza imishinga ibyara inyungu, uko umuntu yiyemeza ikintu kandi akagishobora, uko umuntu anamba kucyo yiyemeje, kwinenga no kwiha icyerekezo n’ibindi.

Ibi kandi biri mu bintu rwiyemezamirimo wo mu Kinyejnana cya  21 acyenera.

Wavumbuzi rero ni uburyo abana biga muri kiriya cyiciro cy’amasomo bashobora gukoresha bakoresheje ibikorwa by’ikoranabuhanga bitandukanye birimo mudasobwa zisanzwe, izigendanwa, utwuma bita tablets, telefoni zigendanwa kandi ibi bikoresho byose bikaba bifite murandasi.

Abanyeshuri bahatana mu matsinda, buri tsinda rigahabwa ibibazo birebana n’ibibazo byugarije igihugu cyangwa Afurika by’umwihariko.

Abanyeshuri babazwa uko bo ubwabo babona ibibazo runaka byacyemuka.

Biba ari ibibazo birabana n’ingingo z’ubuzima zirimo ubuzima, isuku n’isukura, ubuhinzi n’ibindi.

Itsinda ririmo abana batsinda kurushaho rihabwa amanota aryemerera kuzahembwa igihe kigeze.

Bihera ku rwego rw’ikigo ariko uko bizamuka bikazagera ku rwego rw’igihugu.

Abanyeshuri barushanwa binyuze mu mashushanwa akoze nk’imikino isanzwe ariko isaba gutekereza kugira ngo umuntu agere ku gisubizo.

Wavumbuzi Challenge yatangijwe mu Ukwakira, 2021 ikazarangira tariki 05, Ukuboza, 2021.

Imibare dufite yerkana ko hari abantu byeshuri bari hagati ya 500 na 6000 bamaze kwinjira muri iyi gahunda hirya no hino mu Rwanda.

Abanyeshuri bemeye kwitabira iri rurishanwa bajya aho bagomba kurushanyirizwa ariko abakozi bo muri Wavumbuzi bakabazanira ibizacyenrwa byose ngo bakore ririya rushanwa bafite ibyo bakeneye byose.

Ikindi ni uko integanyanyigisho ikoreshwa muri buriya buryo kwiga yemewe n’Ikigo cy’u Rwanda cy’uburezi.

Kubera akamaro k’iyi gahunda, abarimu n’abanyeshuri barasabwa kuyigana.

Uwo ari we wese washaka gukorana nayo ashobora guhamagara kuri: +250 789 175 239.

TAGGED:AbanyeshuriAfurikafeaturedKenyaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bice Bituriye Pariki Ya Gishwati-Mukura Hadutse Igikoko Cy’Amayobera
Next Article Mpayimana Philippe Wiyamamarije Kuba Perezida Yahawe Akazi Muri MINUBUMWE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?