Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abiga Mu Ishuri Rikuru Rya Polisi Y’u Rwanda Bari Mu Butaliyani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abiga Mu Ishuri Rikuru Rya Polisi Y’u Rwanda Bari Mu Butaliyani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 May 2022 8:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abofisiye bakuru biga mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College -NPC) riba i Musanze bamaze iminsi ibiri mu Butaliyani mu rugendoshuri rugamije guhuza ibyo bigishirizwa i Musanze n’ibikorerwa mu bigo bigo basura harimo n’icyo cyo mu Butaliyani.

Bageze mu Butaliyani taliki 16, Gicurasi, 2022 bakazamara yo Icyumweru kimwe ubaze uhereye igihe bagendeye.

Bose hamwe ni abanyeshuri 34 bagize icyiciro cya 10 kigizwe n’abakora mu nzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko baturutse mu bihugu bitandukanye.

Ibyo ni  Kenya, Namibia, Malawi, Tanzania, Sudani y’Epfo, Somalia, Zambia n’u Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

U Rwanda rufitemo  abanyeshuri bo mu nzego z’igihugu zirimo Polisi y’u Rwanda (RNP), Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).

Ku wa Mbere ari nawo munsi wabo wa mbere w’uruzinduko, basuye ibigo bitatu aribyo:  Ikigo cy’abakomando ba Carabinieri cy’i Roma( iyi ni Polisi y’u Butaliyani), Ishami rya Carabinieri rishinzwe kurinda umurage ndangamuco basura n’Inzu ndangamurage y’Amateka ya Carabinieri i Roma.

Hari ishami rya Polisi y’u Butaliyani rishinzwe kurinda umutungo ndangamurage wabwo. Iyi ni inzu ya kera yarangaga imyidagaduro y’Abataliyani bakiyoborwa n’abami b’abami. Yitwa Colosseum.

Carabinieri ni Jandarumori y’igihugu cy’u Butaliyani ikaba ifite inshingano zo kurinda umutekano w’imbere mu gihugu.

Umuyobozi w’iyi Polisi y’iki gihugu aherutse mu Rwanda asura Polisi y’u Rwanda ndetse agera no ku ishuri rikuru ryayo ry’i Musanze.

Yitwa Lt Gen Teo Luzi.

- Advertisement -

Tugarutse ku ruzinduko rw’Abapolisi biga i Musanze bari mu Butaliyani, ubwo  basuraga Ikigo cy’abakomando giherereye mu mujyi wa Roma gishinzwe gucunga umutekano w’uwo mujyi, bakiriwe n’umuyobozi w’icyo kigo, General Lorenzo Falferi washimye umubano mwiza n’ubufatanye birangwa hagati ya Polisi y’u Rwanda na Carabinieri.

Ati: ”Uru ruzinduko rwo mu rwego rw’amasomo rurashimangira imikoranire myiza hagati y’inzego z’ibihugu byombi. Ndashimira ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda kuba ryarahisemo u Butaliyani by’umwihariko umujyi wa Roma kuba ari ho bakorera urugendoshuri.”

Mu mwaka wa 2017  Polisi y’u Rwanda na Carabinieri zasinye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye no kubaka ubushobozi mu birebana n’ibikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi, kurwanya iterabwoba, umutekano w’indege, kurinda ituze n’umutekano, kurinda abayobozi bakuru, kurwanya ibyaha bikorerwa kuri za mudasobwa, gucunga umutekano wo mu muhanda, kurinda ibidukikije n’ibindi.

Mu kigo cy’abakomando ba Carabinieri cy’i Roma, abanyeshuri basobanuriwe amateka y’iri shami rya Carabinieri, imiterere n’imikorere yaryo mu gucunga umutekano w’umujyi wa Roma, banasobanurirwa kandi uko rikorana n’izindi nzego zishinzwe umutekano zirimo Polisi y’u Butaliyani, Umutwe ushinzwe iperereza ku byaha bijyanye n’imari ndetse n’ingabo z’igihugu.

Nyuma yo guhabwa ibisobanuro, basuye ibiro bishinzwe ibikorwa bya rirya shami basobanurirwa uko bahora biteguye guhangana n’ibishobora guteza umutekano mucye bitunguranye.

Banasobanuriwe ibyo gutanga ubufasha kubo byagiraho ingaruka.

Abapolisi b’u Rwanda na bagenzi babo  basuye n’ishami rya Polisi ryitwa  Mobile Brigade rifite inshingano zo gukora ubutabazi bwihuse, kurwanya ituritswa ry’ibisasu n’ibindi.

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda riri i Musanze Commissioner of Police (CP) Rafiki Mujiji, unayoboye abanyeshuri muri uru ruzinduko, yavuze ko hari byinshi byo kwigira ku bunararibonye bwa Carabinieri mu bijyanye no gucunga umutekano.

CP Mujiji ati: “Uru rugendo ni rumwe muri gahunda z’amasomo ba Ofisiye bakuru biga mu ishuri rikuru rya Polisi bakora mu rwego rwo kugereranya no gusuzuma ibipimo mu gihugu cyatoranijwe. U Butaliyani bwatoranijwe nk’igihugu cy’icyitegererezo mu bijyanye no gucunga umutekano, no gucyemura ibibazo bivuka bihungabanya umutekano cyane cyane iterabwoba.”

Ku ishami rya Carabinieri rishinzwe kurinda umurage ndangamuco, abanyeshuri basobanuriwe amateka yaryo kuva ryashingwa mu 1969 rigahabwa inshingano zo kurinda umurage ndangamuco w’igihugu cy’u Butaliyani.

Mu nshingano zaryo harimo no kugarura ibihangano byibwe no gukora iperereza ku byaha bijyanye no gukora ubucuruzi bw’ibihangano hanze y’igihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Biteganyijwe ko aba ba Ofisiye bakuru mbere y’uko barangiza uruzinduko rwabo muri kiriya gihugu ku italiki ya 21 Gicurasi, bazasura n’izindi nzego zitandukanye zo muri iki gihugu zirimo n’ikigo gishinzwe amahugurwa kikaba n’igicumbi cy’ubumenyi (CoESPU Vicenza) cyashinzwe na Carabinieri muri Werurwe 2005 nk’uko byari bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono hagati ya Leta y’u Butaliyani n’ibihugu bigize G-8.

TAGGED:AbofisiyeButaliyanifeaturedMusanzePolisiRoma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwafashe Undi Mwenda ‘Wiyongera’ Ku Yindi
Next Article Umuvuno Wa RDB Mu Kureshya Abashoramari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?