Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abiga Saint André Basobanuriwe Uko Bakwitabara Mu Gihe Bagiye Guhohoterwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abiga Saint André Basobanuriwe Uko Bakwitabara Mu Gihe Bagiye Guhohoterwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2022 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’ubugenzacyaha, ishami rishinzwe gukumira ibyaha, rwaganirije abanyeshuri bo muri Saint André basobanurirwa intambwe zibanziriza ihohoterwa ryo ku mubiri n’uburyo bakwirwanaho kugira ngo batarikorerwa.

Abakozi b’uru rwego bakomeje ubukangurambaga mu banyeshuri hirya no hino mu Rwanda bugamije kubaburira ko hari abantu batabifuriza ibyiza,  bashobora kubahohotera mu buryo butandukanye cyangwa bakabashora mu bindi byaha.

Ibyo byaha birimo no kubajyana mu bikorwa by’ubutagondwa, kubafata ku ngufu, kuboshya gucuruza cyangwa gukoresha ibiyobyabwenge, kuboshya kugira uruhare mu gucuruza abantu cyangwa se nabo ubwabo bagacuruzwa n’ibindi.

Umukozi mu rwego rw’ubugenzacyaha mu ishami ryo gukumira ibyaha witwa Jean Claude Ntirenganya yabwiye Taarifa ko imwe mu nshingano zabo ari ugusobanurira abantu muri rusange n’urubyiruko by’umwihariko amayeri abashaka kubashora mu byaha  bifashisha.

Ati: “Intego iba ari ukugira ngo bamenye uko bakwirinda kubigwamo, bamenye  n’uruhare rwabo mu ‘kwirwanirira’ igihe hari abashaka kubakorera ihohoterwa iryariryo ryose. Bashishikarizwa kugira amakenga.”

Bahawe impanuro z’uko bakwirinda abantu bashaka kubangiza

Ntirenganya yasabye urubyiruko kuba maso bakamenya ko hari icyo yise ‘ibirura birekereje’ bitegereje kubagirira nabi.

Uyu mugenzacyaha avuga ko n’ubwo urubyiruko ruhohoterwa, hari ikibazo cy’uko hari bamwe muri rwo bahohotera bagenzi babo.

Inshingano z’ubugenzacyaha harimo gutahura, gukumira no kugenza ibyaha byose bikorerwa ku butaka bw’u Rwanda.

Icyakora inshingano ebyiri za mbere ari zo: gutahura no gukumira ibyaha hari izindi nzego zishobora kugira uruhare muri ako kazi ariko umwihariko udakuka w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ni ukugenza ibyaha.

Abanyeshuri basabye abagenzacyaha ubasura kenshi bakabaganiriza ku miterere y’ibyaha by’ubu ndetse n’amayeri y’uko abagizi ba nabi bagerageza kuyabagushamo kugira ngo babone uko babagendera kure.

TAGGED:AbakobwaAbanyeshurifeaturedRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ucuruza Ikoranabuhanga Avuga Ko Icyemezo Cya Leta Kizatuma Abaguzi Babizera
Next Article Minisitiri W’Umutekano Mu Rwanda Avuga Ko Amakimbirane Mu Bantu Ari Karande
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?