Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abo Muri AERG/GAERG Bateye Ibiti 25 Mu Busitani Bwo Ku Rwibutso Rwa Nyanza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abo Muri AERG/GAERG Bateye Ibiti 25 Mu Busitani Bwo Ku Rwibutso Rwa Nyanza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2021 6:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gukomeza kuzirikana imyaka 25 Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi umaze ushinzwe n’imyaka 18 y’Umuryango w’abarangije kwiga bakihuriza muri GAERG, bamwe mu bayobora iyi miryango bateye ibiti 25 mu bisitani buri ku rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro.

Bateye n’ibindi biti bingana na biriya ku nzu icumbikira abanyeshuri barokotse Jenoside ariko baba mu miryango itishoboye hirya no hino mu Rwanda, iriya nzu ikaba yariswe One Dollar Campaign Hostel iri mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Bamwe mu bitabiriye kiriya gikorwa harimo Ahishakiye Naphtali, uyu akaba ari umunyamabanga nshingwabikorwa wa IBUKA, Umuyobozi nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Madamu Solange Umutesi, Umunyamabanga nshingwabikorwa wa GAERG Madamu Dimitrie Sissi Mukanyiligira n’umwe mu bana ba AERG muri Kicukiro.

Dimitrie Sissi yabwiye Taarifa ko bahaye bariya bana ubutumwa bwo kubibutsa ko biriya biti bivuga ko batagomba kuzima, ko ubuzima bugomba gukomeza bakishakamo ibisubizo uko byagenda kose.

Tariki 20, Ukwakira, 2021 nibwo abarezwe na AERG  bizihije imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe.

Kuri iriya tariki ya 20, Ukwakira, 1996 nibwo abantu 12 bicaye basanga ari ngombwa gushyiraho Umuryango w’abanyeshuri  barokotse Jenoside bigaga mu mashuri yisumbuye na Kaminuza.

Imwe mu ntego zawo yari uko abagize uriya muryango bunganirana mu bintu byose, bakagirana inama, bagafashanya muri byose…mu yandi magambo bakubaka umuryango usimbura uwabo washize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Inama yemerejwemo gushinga AERG yateranye ari ku Cyumweru.

AERG iri kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe

Icyo gihe abashize uriya muryango ni aba bakurikira:

Butera Emmanuel,

Gatana Jean,

Gatayire Marie Claire,

Gatsinzi Valentin,

Kabasha Apollon,

Kanywabahizi Yves,

Mazimpaka Richard,

Mugeni Gatera Francine,

Ndutiye Youssouf,

Ntaganira Vincent,

Rukundakuvuga François Régis,

Na Sinzi Tharcisse.

Naptali Ahishakiye ni Umunyamabanga nshingwabikorwa wa IBUKA
Umwe mu bana bo muri AERG muri kimwe mu bigo byo muri Kicukiro
Umuyobozi nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Solange Umutesi
TAGGED:AERGfeaturedGAERGKicukiroUmunyamabanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkuru Y’Abanyarwanda Bajyanywe Muri Gabon Kubabyarira Abahungu…
Next Article Isi Iri Hafi Gusubira Ku Bushyuhe Yahoranye Mbere Ya COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?