Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aborozi Bishimiye Uruganda Rukora Ibiryo By’Amatungo Rwatashywe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Aborozi Bishimiye Uruganda Rukora Ibiryo By’Amatungo Rwatashywe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 July 2024 10:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri MINAGRI itashye uruganda rwitwa Gorilla Feed rwubatse mu cyanya cy’inganda i Masoro, aborozi b’ingurube babishimye ariko basaba ko ibyo biryo byazaba bifite igiciro ‘cyiza’.

Urwo ruganda ruzakora ibiryo by’inkoko, inka n’ingurube.

Umworozi w’ingurube witwa Jean Claude Shirimpumu avuga ko kubura ibiryo by’amatungo bihagije byatumaga igiciro cyabyo kizamuka.

Ikindi ni uko ngo n’ubwiza bwabyo byakemangwaga.

Ati: ” Ibi nitwe twabisabye tugira ngo tugire ibiribwa bihagije kandi bitaduhenze. Ubwo tubonye uruganda rukora ibyo biryo turaza kubyungukiramo”.

Shirimpumu avuga ko kuba ruriya ruganda rwarubatswe ku nkunga ifite ‘nkunganire’ byagombye kuzaba impamvu yo kugabanya igiciro.

Shirimpumu Jean Claude

Asaba aborozi kuzajya bagabura ibiryo bimeze neza kugira ngo amatungo abagirwa Abanyarwanda abe ari meza.

Ku rundi ruhande uyu muyobozi w’ihuriro ry’aborozi b’ingurube mu Rwanda ashima Guverinoma y’u Rwanda kuba yarakoranye n’abafatanyabikorwa bayo hakubakwa ruriya ruganda.

Ku byerekeye igiciro cy’ibiribwa, ubusanzwe ikilo cy’ibiribwa bihabwa ingurube giterwa n’uko iyo ngurube ingana.

Hari ibiryo by’ingurube zikivuka, iz’ingurube zicutse, izimye, ingurube zabyaye n’impyizi.

Muri rusange ikilo cy’ibiribwa bihabwa ingurube ni Frw 450 cyangwa Frw 500.

Ayo mafaranga ashobora kuzamuka bitewe n’aho yabiguze ndetse n’intera iri hagati y’aho abiguze n’aho yororera.

Uru ruganda rufite agaciro ka Miliyoni $4

Uko bimeze kose aborozi b’amatungo bashima ibya ruriya ruganda.

Anne Karemera yorora inkoko z’amagi zirenga ibihumbi 12 mu Karere ka Gasabo, avuga ko yajyaga agura ibiryo akivangira bigatuma inkoko zidatera neza.

Yabwiye bagenzi bacu ba Kigali Today ati: “Kubera ko nta nganda zariho n’izariho zikaba zari zikishakisha tutarazizera, najyaga ngura ibiryo nkivangira ugasanga mbivanze nabi bityo inkoko ntizitere neza, ariko ubu aho uruganda rwaziye nararuyobotse”.

Yiteze ko inkoko ze zizatera neza ku kigero cya 95% kandi ngo mbere byari 75%.

Umuyobozi Mukuru w’uruganda Gorilla Feed rwaraye rutashywe witwa Dr. Sang Ju Park avuga ko bari basanzwe bafite ikibazo cyo gukora ibiryo bicye by’amatungo, bitameze neza kubera ko nta bikoresho bihagije by’ikoranabuhanga bari bafite.

Avuga ko ruriya ruganda ruzajya rukora toni 20 ku isaha, ni ukuvuga Toni 200 ku munsi w’amasaha 10 y’akazi.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubworozi mu kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) witwa Dr. Fabrice Ndayisenga, avuga ko uruganda rwatashywe ruzafasha aborozi mu gukemura ikibazo cy’ubuke bw’ibiryo bakenera.

Muri rusange mu Rwanda hari inganda esheshatu zikora ibiribwa by’amatungo.

Mu igenamigambi rirambye ry’uburyo amatungo azajya atanga inyama biteganyijwe ko ingurube zizajya zitanga 48%, inkoko zo zizajya zitanga 32%  n’aho inka zitange 14 %.

Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu cy’ubushakashatsi n’iterambere mu byerekeye inganda (NIRDA) Dr. Christian Sekomo Birame avuga ko uruganda rwatashywe ruri muri gahunda eshanu y’impererekane nyongeragaciro zo kugurira inganda imashini batangije mu mwaka wa 2020.

Dr Sekomo Birame

Sekomo avuga ko ruriya ruganda ruri mu ruhererekane nyongeragaciro rwo gutunganya ibiryo by’amatungo.

Ngo hari nganda eshanu zari zarabitsindiye kandi n’urwatashwe narwo rurimo.

Gahunda ya NIRDA ngo ni uko inganda ziva mu byo gukoresha amaboko bakora ibindi runaka ahubwo bakibanda ku Ikoranabuhanga.

NIRDA ivuga ko inganda zose zimaze gufashwa nayo mu ruhererekane nyongeragaciro rwo gutunganya ibiryo by’amatungo ari eshanu kandi ko zifite ubushobozi bwo gutanga toni 400 ku munsi.

Inyama z’ingurube nizo zizaba ziribwa cyane kuko zizaba zifite 42% z’inyama zose zizaba ziribwa mu Rwanda.

Kubaka uruganda rwa Gorilla Feed byuzuye bitwaye arenze Miliyoni $ 4 ndetse na NIRDA yashyizemo arenga Miliyoni Frw 600 azishyurwamo 50% andi akaba “nkunganire’ ya Leta.

TAGGED:featuredIngurubeInyamaShirimpumuUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruri Kubaka Ahantu H’Ikoranabuhanga Ho Guhangira Udushya
Next Article Kagame Yatereye Abantu Igiparu Cy’Ukuntu Yirutse Asiga Umujandarume
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?