Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afite Imyaka 8, Ni Umuhanga Mu By’Isanzure Muto Kurusha Abandi Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Afite Imyaka 8, Ni Umuhanga Mu By’Isanzure Muto Kurusha Abandi Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2021 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nicole Oliveira ni umukobwa w’imyaka umunani akaba ari umuhanga mu by’ubumenyi bw’Isanzure, Astronomy. Uyu mukobwa ubu akorana n’Ikigo cy’Abanyamerika kiga iby’isanzure, NASA, akaba yarashoboye kuvumbura ibitare(rockes) 18 biba ku mibumbe iri mu kirere.

Abo mu muryango we ukomoka muri Brazil bavuga ko yatangiye gushishikazwa no kumenya ikirere akiri umwana muto cyane.

Mu cyumba araramo, hamanitse amafoto menshi y’imibumbe iri mu kirere, ay’urwunge rw’inyenyeri( galaxies) ndetse afite n’icyuma kireba kure mu kirere kitwa Telescope.

Mu cyumba cye herekana ko ashishikajwe no kumenya ikirere

Muri iki gihe yahawe izina ryo kuba umuntu muto uzi iby’ikirere kurusha abandi, iri zina yaribonye nyuma yo kuba umwe mu bakorana na NASA.

Akunda kwitabira inama z’abahanga mu bw’isanzure kandi hari ubwo azihabwamo ijambo.

Yamaze kujya mu mushinga wa NASA witwa  ‘Asteroid Hunters’  ugamije gushishikariza abana gukunda siyansi no guharanira kugira ibyo bavumbura.

Nicole Oliveira afite mudasobwa ebyiri amara ho igihe kirekire yiga imiterere y’inyenyeri n’imibumbe agamije kureba ko yavumbura ibindi bitare biyiri ho.

Ahora yiga

Yabwiye AFP ko afite ubushake bwo kuvumbura byinshi kandi ngo azaharanire ko biriya bitare bizahabwa amazina n’ubwo byazamusaba gutegereza imyaka myinshi.

Ikindi cyiza cye ni uko ibyo avumbuye, abisangiza bagenzi be bigana.

Inyota ye yo kumenya yatumye aganira n’abahanga mu by’isanzure benshi ndetse yagize n’amahirwe yo kuganira na Minisitiri wa Brazil ushinzwe ubumenyi na Siyansi.

Ababyeyi n’inshuti z’umuryango bamufashije kugura telescope, icyo gihe akaba yari afite imyaka irindwi.

Afite intego yo kuziga akazaba umuhanga mu gukora ibyogajuru ndetse ngo arateganya kuzasura NASA aho ikorera mu kigo kitwa Kennedy Space Center kiri muri Leta ya Florida, USA.

Kuri we,  ikirere cyonyine nicyo kizamubera umupaka mu kwagura ubumenyi bwe.

Arashaka kuzakora ibyogajuru

Ni urugero rwiza rwo guharanira kumenya ukiri muto ndetse cyane cyane ku bana b’abakobwa bashaka kuba ikirenga mu bumenyi na siyansi.

 

TAGGED:BrazilfeaturedIkirereIsanzureNASAUmuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mushikiwabo Ngo Kwemerera Israel Kujya Mu Bihugu Bivuga Igifaransa Bizaganirwaho
Next Article Nta Demukarasi Idashingiye Ku Baturage- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?