Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Ikomeze Ishyire Imari Mu Guhangana N’Indwara-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Afurika Ikomeze Ishyire Imari Mu Guhangana N’Indwara-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2021 6:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame ubwo yagezega ijambo ku bandi bayobozi
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye agejeje ijambo ku banyacyubahiro bitabiriye inama yatangirijwemo uburyo byo guhangana n’indwara zirengagijwe bita Neglected Tropical Diseases. Yasabye ibihugu by’Afurika gukomeza gushyira ingengo y’imari ihagije mu bikorwa byo kurinda ubuzima bw’ababituye kwandura no kwivuza indwara.

Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi  ko u Rwanda rwashyizeho uburyo bwo guhangana n’indwara zitandura kandi rubikora guhera ku nzego z’ibanze.

Ati: “Mu Rwanda  dufite uburyo twatangije bwo guhangana n’indwara y’ibitotsi bikabije n’izindi. Dufite gahunda irambuye yo gukomeza guhangana n’ubwandu bwa SIDA n’izindi ndwara.”

Perezida Paul Kagame  ashima ko hari intambwe yatewe kugira ngo gahunda y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe yo guhashya indwara igerweho.

Ashima kandi uburyo Umuyobozi Mukuru wa WHO, Tedros Adhanom Ghebreyesus n’abo bafatanyije bashyize imbaraga zikenewe mu kurwanya ziriya ndwara batirengagije ko Icyorezo COVID-19 gikomeje kwibasira Isi.

Yavuze ko abantu bagomba guhangana na ziriya ndwara kuko iyo zitirinzwe cyangwa ngo zivuzwe ziteza ibibazo binegekaza abantu ndetse bikabatera ubumuga buhoraho.

Yongeyeho ko zibuza abana amahirwe yo gukura neza haba mu buryo busanzwe no mu mitekerereze.

Umugambi wa WHO wo guhashya ziriya ndwara uteye ute?

Umugambi wa WHO wo kurwanya indwara zirengajwe uzashyirwa mu bikorwa guhera 2021 kugeza 2030.

Umwe mu bayobozi bakuru muri WHO witwa Mwelecele Ntuli Malecela avuga ko ikigamijwe ari uko umwaka wa 2030 uzagera umubare w’abaturage bakeneye ubuvuzi kuri ziriya ndwara waragabanutseho 90%, byibura muri buri gihugu mu bihugu 100 hakazaba hararanduwe indwara imwe muri zo, no kugabanya ubumuga buterwa na ziriya ndwara ku rugero rwa 75%.

Umugambi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima wo guhashya ziriya ndwara watangijwe muri 2018.

Ubu uri kuvugurwa kugira ngo ugendane n’aho Isi igeze muri iki gihe.

Uje usimbura uwari usanzwe watangijwe muri 2012.

Twahamagaye Dr Sabin Nsanzimana uyobora Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, kugira ngo atubwire uko ikibazo cya ziriya ndwara kifashe mu Rwanda ariko ntiyitabye telefoni.

Agize icyo adutangariza twakimenyesha abasomyi.

Kugeza ubu hari indwara 20 bivugwa ko zirengagijwe kandi zikunze kwibasira abatuye Afurika mu gice bita Zone Tropicale.

Ikarita y’Isi, Ibihugu biri mu ibara ry’iroza nibyo biri muri Zone Tropicale

Igice cya Afurika kitwa Tropicale ni igice kiri hagati y’imirongo mbariro ibiri y’Isi ariyo bita Capricorne na Cancer.

Ni igice gikikije umurongo abahanga mu bumenyi bw’Isi Koma y’Isi( Equateur, Equator).

Zimwe muri ziriya ndwara ni imidido, ibitotsi bikabije, mugiga, n’izindi zifite amazina ya kiganga atandukanye.

TAGGED:featuredIndwaraKagameTedrosUmugambiWHO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AMAHANO! Umuyobozi Wa Diaspora Nyarwanda ‘Aravugwaho Ubutekamutwe’
Next Article Icyo Perezida Ndayishimiye Yategetse Abagenzura Itangazamakuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Itsinda Ry’Abayobozi Ba Banki Y’Isi

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Imikoranire Y’u Rwanda Na Arsenal Kuri Visit Rwanda Igiye Kugera Ku Ndunduro

Umuhanzi Ruzima Yafatanywe Ikirundo Cy’Urumogi

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

You Might Also Like

Mu Rwanda

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Umutekano

Ubusinzi Burakomeje Mu Batwara Ibinyabiziga- Polisi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ese Uburundi Burashaka Gufasha DRC No Muri Dipolomasi?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?