Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Irasabwa Gushyira Mu Bikorwa Amasezerano Yo Gufungurirana Ikirere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Afurika Irasabwa Gushyira Mu Bikorwa Amasezerano Yo Gufungurirana Ikirere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2022 4:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye abitabiriye Inama mpuzamahanga yiga uko ibyo gutwara abantu n’ibintu mu ndege byakoroshywa, ko bagomba kureba uko ibihugu by’Afurika byashyira mu bikorwa amasezerano yo gufungurirana ikirere yiswe Single African Air transport Market.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko gufungurirana ikirere ari ingenzi mu koroshya ubuhahirane kugira ngo ibyo igihugu kimwe gifite, gishobore kubigurisha ku kindi kandi mu buryo bwihuse.

Ubusanzwe ubwikorezi by’ibicuruzwa bukorwa mu buryo butatu.

Hari ubwikorezi buca mu mazi( burahendutse ariko ariko buratinda), ubwikorezi bukoresha imhihanda yo ku butaka( nabwo burakererwa kubera intera cyangwa imihanda mibi) n’ubwikorezi bukoresha ikirere.

Ubu ni ubwikorezi buvugwaho guhenda ariko bwihutisha ibicuruzwa.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko iyo ubwikorezi bwo mu kirere bworohejwe, indege zigakora neza kandi ibihugu bigafungurirana imipaka, byihutisha ubucuruzi kandi na ba mukerarugendo ntibakererwe.

Icyakora ngo COVID-19 niyo yaje gutuma ibintu bidogera ubwo indege zose zahagarikwaga.

Ngo mbere y’uko iki cyorezo gihagarika ingendo, ubwikorezi  bw’abantu n’ibintu mu kirere bwakoraga neza.

Umukuru w’u Rwanda ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye iriya nama

Perezida Kagame ariko ashima ubufatanye bw’u Rwanda na Qatar mu kuzamura urwego rw’u Rwanda  mu bwikorezi bukoresha ikirere.

Avuga ko imikoranire ya RwandAir na  Qatar Airways ari ikintu cyatumye urwego rw’u Rwanda rwo gutwara abantu n’ibintu mu kirere rutera imbere kandi bikaba bigikomeje.

Ubu mu Karere ka Bugesera hari kubakwa ikibuga cy’indege kizaba ari icya mbere mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Ikibuga cy’indege cya Kigali nacyo cyaravuguruwe kugira ngo kirushaho kugendana n’iterambere ibindi bihugu byagezeho.

Inama yiga ku iterambere ry’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu bukoresha ikirere iri kubera mu Rwanda ni iya Gatandatu.

TAGGED:IkirereInamaIndegeKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IGP Munyuza Yakiriye Mugenzi We Wa Benin Amusezeranya Ubufatanye
Next Article Mu myaka 100 Maze Ku Isi Icyo Ntabonye Ntikibaho, Igisigaye Ni Ugupfa- Mpyisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?