Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika y’Epfo: Abishwe N’Ikamyo Yaturitse Itwaye Essence Bageze Kuri 34
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Afurika y’Epfo: Abishwe N’Ikamyo Yaturitse Itwaye Essence Bageze Kuri 34

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bucya haba Noheli y’umwaka wa 2022, muri Afurika y’epfo habaye impanuka ikomeye yatewe n’uko ikamyo yari ipakiye essence yaturitse. Imibare itangazwa na Polisi n’abakora mu rwego rw’ubuzima ivuga ko abantu 34 ari bo  bamaze guhitanwa n’uriya muriro.

Imibare yatangwaga mbere n’ibinyamakuru birimo na EWN yavugaga ko abantu 23 ari bo bahise bahagwa, nyuma iyo mibare iza guhinduka iba abantu 27, ariko ubu haravugwa abantu 34.

Birashoboka ko mu gihe kiri  imbere hari indi izatangazwa.

Kuba harabarurwa abantu barenga 20 bakomeretse kandi nabo bishoboka ko hari abaza kuhasiga ubuzima kubera ko bakomeretse cyane.

Abayobozi ba Politiki n’ab’amadini basengeye abahasize ubuzima.

Polisi ivuga ko uwari utwaye iriya kamyo yaje gufatwa kuko we yari yayisohotsemo mbere y’uko iturika.

Mu kugenzura ibyangombwa bye Polisi yasanze bituzuye, bityo ikaba yaratangiye kumukoraho iperereza.

Afurika y’Epfo isanzwe ibarizwa mu bihugu bibamo impanuka nyinshi kandi ku rwego rw’isi.

Umubare w’abo zihitana, uza wiyongera ku bicwa n’abagizi ba nabi kubera urugomo ruba muri kiriya gihugu.

Minisitiri w’ubuzima witwa Joe Phaahla avuga ko imibare bahabwa n’ibitaro byakiriye abakomeretse yerekana ko  bamwe muri bo bafite ibikomere bikomeye ‘bityo ko inzira ikiri ndende.’

TAGGED:AfurikaEpfoEssenceIkamyoImpanuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uhagarariye DRC Mu Bufaransa Yasabwe Gutaha
Next Article Suwede Yagabanyirije Ibihano Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?