Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika y’Epfo: Abishwe N’Ikamyo Yaturitse Itwaye Essence Bageze Kuri 34
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Afurika y’Epfo: Abishwe N’Ikamyo Yaturitse Itwaye Essence Bageze Kuri 34

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bucya haba Noheli y’umwaka wa 2022, muri Afurika y’epfo habaye impanuka ikomeye yatewe n’uko ikamyo yari ipakiye essence yaturitse. Imibare itangazwa na Polisi n’abakora mu rwego rw’ubuzima ivuga ko abantu 34 ari bo  bamaze guhitanwa n’uriya muriro.

Imibare yatangwaga mbere n’ibinyamakuru birimo na EWN yavugaga ko abantu 23 ari bo bahise bahagwa, nyuma iyo mibare iza guhinduka iba abantu 27, ariko ubu haravugwa abantu 34.

Birashoboka ko mu gihe kiri  imbere hari indi izatangazwa.

Kuba harabarurwa abantu barenga 20 bakomeretse kandi nabo bishoboka ko hari abaza kuhasiga ubuzima kubera ko bakomeretse cyane.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abayobozi ba Politiki n’ab’amadini basengeye abahasize ubuzima.

Polisi ivuga ko uwari utwaye iriya kamyo yaje gufatwa kuko we yari yayisohotsemo mbere y’uko iturika.

Mu kugenzura ibyangombwa bye Polisi yasanze bituzuye, bityo ikaba yaratangiye kumukoraho iperereza.

Afurika y’Epfo isanzwe ibarizwa mu bihugu bibamo impanuka nyinshi kandi ku rwego rw’isi.

Umubare w’abo zihitana, uza wiyongera ku bicwa n’abagizi ba nabi kubera urugomo ruba muri kiriya gihugu.

- Advertisement -

Minisitiri w’ubuzima witwa Joe Phaahla avuga ko imibare bahabwa n’ibitaro byakiriye abakomeretse yerekana ko  bamwe muri bo bafite ibikomere bikomeye ‘bityo ko inzira ikiri ndende.’

TAGGED:AfurikaEpfoEssenceIkamyoImpanuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uhagarariye DRC Mu Bufaransa Yasabwe Gutaha
Next Article Suwede Yagabanyirije Ibihano Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?