Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika y’Epfo Yahamagaje Inkeragutabara Zose Mu Gihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Afurika y’Epfo Yahamagaje Inkeragutabara Zose Mu Gihugu

Last updated: 16 July 2021 12:01 am
Share
SHARE

Minisiteri y’Ingabo ya Afurika y’Epfo yahamagaje abasirikare bose bari mu kiruhuko, mu gihe Leta ikomeje kwifashisha igisirikare mu guhangana n’abaturage bigaragambya. Ni ibikorwa bimaze kwivangamo ubugizi bwa nabi no gusahura.

Byatangiye nyuma y’ifungwa rya Jacob Zuma wayoboye Afurika y’Epfo guhera mu 2009 kugeza mu 2018. Afunzwe azira gusuzugura urukiko, nyuma yo gukurikiranwaho ibyaha bya ruswa.

Kugeza ubu hamaze gupfa abantu barenga 117 mu gihe abasaga 2000 batawe muri yombi.

Leta yemeje ko abasirikare 25.000 bagomba koherezwa guhosha iyo myigaragambyo n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi mu Ntara za KwaZulu-Natal na Gauteng.

Mu itangazo Minisiteri y’Ingabo yasohoye kuri uyu wa Gatatu yagize iti “Nk’uko byatanzwemo amabwiriza n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo, Lieutenant General Lawrence Khulekani Mbatha, abagize inkeragutabara bose basabwe kwitaba mu gitondo ejo ku wa 15 Nyakanga 2021 mu mitwe babarizwamo.”

Yavuze ko bagomba kuba biteguye kandi bafite ibikoresho byabo byose.

Minisitiri w’Ingabo Nosiviwe Mapisa-Nqakula yavuze ko Perezida Ramaphosa yashakaga ko hoherezwa abasirikare 10 000 mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi basabaga 75 000.

TAGGED:Afurika y'EpfoJacob ZumaLawrence Khulekani MbathaNosiviwe Mapisa-Nqakula
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Ngamije Yasobanuye Impamvu Hari Abakingiwe COVID-19 Bapfa
Next Article Umugabo Yuriye Igiti Arahanuka Polisi Imutabara Yahanamye Mo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?