Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Yunze Ubumwe Ihangayikishijwe N’Akaduruvayo Kari Muri Kenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Afurika Yunze Ubumwe Ihangayikishijwe N’Akaduruvayo Kari Muri Kenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2023 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe Moussa Faki Mahamat yavuze ko imyigaragambyo imaze iminsi muri Kenya ari ikintu gihangayikishije Afurika muri rusange.

Ubuyobozi bw’Afurika yunze ubumwe bwasabye impande zose zirebwa na kiriya kibazo kureba uko cyacocwa kikava mu nzira, abantu bagatekana.

Imyigaragambyo iri kubera muri Kenya imaze ibyumweru bibiri. Abaturage bigaragambya rimwe mu Cyumweru ariko uko babikoze ni ko igihugu gihomba miliyoni nyinshi z’amashilingi ya Kenya.

Itegurwa kandi igashyirwa mu bikorwa n’abayoboke ba Raila Odinga, uyu akaba aherutse gutsindwa amatora y’Umukuru w’igihugu yari ahanganyemo na William Ruto.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu Byumweru bibiri bishize, imaze kugwamo abantu ‘benshi’ n’ibikorwa remezo byinshi birangirika.

Ishyaka rya Raila Odinga n’abo bafatanyije baryise Azimio La Umoja bakaba ari bo bigaragambya.

Moussa Faki asaba impande zose zirebwa na kiriya kibazo kwicarana bakagira ibyo bumvikanaho.

Avuga ko nyuma y’ibiganiro, ari ho abantu bashobora kugira ibyo bemeranyagho kugira ngo igihugu kigarukemo amahoro.

Abo ku ruhande rwa Odinga bo bavuga ko bigaragambya bamagana ko ubuzima buhenze ndetse no Ruto mu gihe gito amaze ku butegetsi,  yabuhinduye akarima ke.

- Advertisement -

N’ubwo ubunyamabanga bw’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe busaba ko Ruto yaganira na Odinga, ku rundi ruhande, buvuga ko bushyigikiye Leta iri ho.

Moussa Faki avuga ko ashyigikiye ibyavuye mu matora aheruka.

TAGGED:Faki AmatorafeaturedImyigaragambyoKenyaMoussaOdingaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Arahura Na Ba Gitifu B’Utugari Twose Tw’Igihugu
Next Article Hari Minisiteri Ba Minisitiri Batavugana- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?