Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aho Tchad Yabikaga Intwaro Hahiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Aho Tchad Yabikaga Intwaro Hahiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 June 2024 9:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inkongi yibasiye ububiko bw’intwaro muri Tchad, iteza iturika rikomeye ryatangiye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rigeza ku wa Gatatu tariki 19. Kamena 2024.

Guverinoma y’iki gihugu niyo yatangaje ko iyo nkongi yanaguyemo abantu icyenda abandi 46 barakomereka.

Inyubako yahiye yari yubatswe mu Murwa mukuru N’Djamena.

Nubwo bivugwa ko iriya nkongi yahitanye abantu icyenda, uyu mubare ushobora kwiyongera kubera ko abakomeretse ari benshi kandi barimo n’abakomeretse bikomeye.

Minisitiri w’ubuzima muri iki gihugu witwa Abdelmadjid Abderahim niwe wabitangaje.

Ibyavuye mu iperereza ry’ibanze bivuga ko iyo nkongi itaturutse ku bugizi bwa nabi nk’uko byemejwe na Abderaman Koulamallah, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma.

Iyo nkongi yabereye mu bubiko bw’intwaro buherereye ahitwa Goudji kandi iryo turika ryatigisaga inzu kugeza no mu birometero biri hagati ya bitandatu na birindwi nk’uko byasobanuwe na bamwe mu batangabuhamya baganiriye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP).

Televiziyo TV5 Monde yatangaje ko Perezida wa Tchad , Mahamat Idriss Déby Itno yohereje ubutumwa bwo kwifatanya mu kababaro n’imiryango yabuze ababo, bapfuye bazize iyo mpanuka.

Iperereza ku mpamvu nkuru zaba zateye iyo nkongi ryatangijwe.

 

TAGGED:InkongiTchad
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusaruro W’Ibyo Ingabo Na Polisi Bagejeje Ku Baturage Urivugira
Next Article Kagame Yageze Mu Bufaransa Mu Nama Yiga Ku By’Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?