Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Airtel Africa Irashaka Gutera Inkunga Abanyempano Mu Kuririmba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Airtel Africa Irashaka Gutera Inkunga Abanyempano Mu Kuririmba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2022 3:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo Airte Africa kivuga ko kiri gushaka abantu bumva ko bafite impano mu kuririmba kugira ngo abazahiga abandi bazafashwe mu kuzamura izo mpano nabo bamamare.

Ni gahunda bise The Voice Africa. Uyu mushinga ariko ntureba Abanyarwanda gusa ahubwo ni uragutse kuko ugera  mu bihugu byose iki kigo gikoreramo muri Afurika.

Umuhango wo gutangiza iyi gahunda uherutse kubera i Lagos muri  Nigeria, ukaba waratangiye haririmba abagabo babiri b’impanga bibumbiye mu kiswe P-Square.

Abumva bafite amajwi mazima, baziyandikisha aho baherereye mu bihugu byabo hanyuma bazatangarizwe igihe cyo kurushanwa ubundi bajye imbere baririmbe, abakemurampaka bubahe amanota.

Dr. Segun Ogunsanya ushinzwe ishami rya Airtel Africa avuga ko batangije kiriya gikorwa kuko bazi neza ko burya urubyiruko rugira inzozi rwifuza kuzasohora ariko rukabura inkunga.

Dr. Segun Ogunsanya

Avuga ko kiriya cyemezo bagifashe kuko n’ubundi mu nshingano zabo habamo guteza imbere urubyiruko ariko nanone bigafasha ikigo cyabo kurushaho kumenyekana.

Ikindi ni uko n’umuziki w’Abanyafurika ugomba gukomeza kwamamara.

Ndetse ngo Airtel yakoze byinshi muri uru rwego mu bihe byahise k’uburyo kongera kubikora nta ngorane biteye.

Segun avuga ko hari igihe iki kigo kigeze gutera inkunga irushanwa ryiswe Airtel Raising Stars ndetse ngo hari n’abahanzi bafashijwe kumenyakana kuri televiziyo ya muzika mpuzamahanga yitwa MTV.

Kugira ngo umuntu ushaka guhatana yerekana ko afite ijwi ryiza ryatezwa imbere, agomba kuba afite sim card ya Airtel hanyuma akifata amashusho aririmba, akohereza kuri rubuga Airtel yateguye rushobora kuboneka ku rubuga rwayo rwa murandasi, ubundi abazatoranywa bakazajya guhatana n’abandi muri Nigeria.

Aya marushanwa azabera mu bihugu byose by’Afurika Airtel ikoreramo.

Abatuye mu Rwanda bifuza kubikora, bagomba kuba barangije kohereza ibihangano byabo(indirimbo ziririmbwe mu rurimi runogeye buri wese) bitarenze Taliki 10, Ugushyingo, 2022.

Abantu barindwi nibo bazatoranywa bajye guhatana n’abandi bazaba baturutse hirya no hino muri Afurika.

TAGGED:AfurikaAirtelIbihanganoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asanga Afurika Ikeneye Aho Yerekanira Ubuhanga Mu Ikoranabuhanga
Next Article Kutishyura Umusanzu Mu Ngengo Y’Imari Ya EAC Byabaye Amateka- Hon Martin Ngoga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?