Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Airtel-Rwanda Yungutse Jean Claude Gaga Wakoreraga Equity Bank
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Airtel-Rwanda Yungutse Jean Claude Gaga Wakoreraga Equity Bank

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2022 9:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo wahoze muri Banki ya Equity ishami ry’u Rwanda ashinzwe ibikorwa by’ubucuruzi witwa Jean Claude Gaga ubu ari muri Airtel-Rwanda aho inshingano ye ya mbere ari ukuzamura umubare w’abakoresha Airtel Money.

Gaga asanzwe azwiho ubuhanga mu kwamamaza ibikorwa  by’ubucuruzi bikorwa n’ibigo bitandukanye.

Si muri Equity yabikoze gusa ahubwo yabikoze no muri MTN Rwanda n’aho akaba yari ahashinzwe iterambere ryo gukoresha Mobile Money.

Yakoze no mu kigo kitwa RSwitch ashinzwe guteza imbere kwishyura no kwishyurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Asanganywe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bumenyi bya serivisi z’imari yakuye muri Kaminuza ya Salford iri mu gace bita  Great Manchester.

Kuba Jean Claude Gaga yagiye gukorera Airtel- Rwanda ku byerekeye guteza imbere serivisi zo kwishyura hakoreshejwe Airtel Money biratanga ikizere ko ubu buryo buzatera imbere cyane cyane ko ari mu bantu babuzamuye ubwo yakoreraga MTN ahinzwe ibya Mobile Money.

Mu kiganiro kihariye Umuyobozi mukuru wa Airtel –Rwanda, Bwana Emmanuel Hammez yagize guha Taarifa muri Nzeri, 2021 yatubwiye ko intego ye ari uguteza imbere Airtel Money.

Emmanuel Hammez umuyobozi mukuru wa Airtel Rwanda. Mbere yabanje kuyiyobora muri DRC

Icyo gihe yagize ati: “Muri iyi minsi turi kubaka uburyo buhamye bwo kwakira no kohererezanya amafaranga harimo no kuyishyurana, ni Airtel Money.”

Yavuze ko mu kazi ke ka buri munsi azakora uko ashoboye kose Airtel-Money igatera imbere.

- Advertisement -

Yunzemo ati: “Tuzabikora binyuze muri za ‘service centers’, kandi kugeza ubu dufite izigera kuri 42, ndetse na za kiyosike( utuzu tw’aba agents) tugera ku 1700 hirya no hino mu Rwanda.”

Hammez yavuze ko azangera imbaraga mu kwamamaza ibyo Airtel –Rwanda ikora ‘abantu bakabimenya.’

Agikorera Equity Bank Jean Claude Gaga yigeze kubwira Taarifa ko ko ikintu cya mbere yashakaga ari uko banki akorera iba ‘intangarugero muri byose.’

Icyo gihe hari mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ikoreshwa ry’andi makarita yo gufasha abakiliya kugera kuri serivisi zitandukanye harimo amakarita umuntu ashobora kubikuzaho amafaranga bitabaye ngombwa ko ayacengeza mu cyuma bita POS.

TAGGED:AirtelAmafarangaEquityfeaturedMTN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage B’Afghanistan Bugarijwe N’Inzara, Amahanga Yarabatereranye
Next Article Israel Mbonyi Yasohoye Indirimbo, Ati: ‘Mana Wangize Icyambu’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?