Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Al Ahli Tripoli Niyo Yegukanye BAL 2025
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Al Ahli Tripoli Niyo Yegukanye BAL 2025

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2025 8:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Jean Jacques Boissy (Al Ahli).
SHARE

Iyo kipe yo muri Libya yegukanye Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL2025) itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 88-67.

Hari mu mukino wa nyuma wabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki 14 Kamena 2025 muri SunBet Arena mu Mujyi Pretoria muri Afurika y’Epfo.

Abantu benshi bari bawutegereje ngo barebe uko amakipe yahize ayandi muri Basktball atsindana.

Ikipe yo muri Libya yifuzaga kwegukana igikombe ku nshuro ya mbere yitabiriye naho iyo muri Angola ifite igikombe giheruka yashakaga kuba Ikipe ya mbere yegukanye iri rushanwa inshuro ebyiri zikurikirana.

Mu gutangira kwawo, uyu mukino wari wegeranye cyane mu manota, amakipe yombi atsindana bigaragara ko ntayemeraga gushyirwamo ikinyuranyo kinini.

Mu minota itatu ya nyuma Al Ahli yongereye ikinyuranyo binyuze mu gutsinda kw’abakinnyi bayo ba Fabian White Junior na Jean Jacques Boissy batsinda amanota atatu.

Agace ka mbere karangiye, Al Ahli Tripoli iyoboye n’amanota 27 Kuri 19 ya Petro de Luanda.

Yakomerejeho mu gace ka kabiri abarimo Jean Jacques Boissy, Jayden Admas na Caleb Agada batsinda amanota yatunye ikinyuranyo kigera mu manota 10 (35 -25).

Petro de Luanda yo yatsindaga amanota binyuze muri Aboubakar Gakou na Patrick Gardner wayitsindiye cyane.

Igice cya mbere cyarangiye Al Ahli Tripoli ikiri imbere n’amanota 43 kuri 38 ya Petro de Luanda.

Iyi kipe yakomeje kongera amanota mu gace ka gatatu abarimo Assem Marei, Mohammed Sadi na Fabian White Junior batsinda amanota menshi.

Petro de Luanda nayo yanyuzago igatsinda binyuze muri Rigoberto Mendoza na Childe Dundao.

Aka gace karangiye Al Ahli Tripoli yatsinze Petro de Luanda 66-54.

Yakomeje muri uwo mujyo mu gace ka nyuma abarimo Mohamed Sadi, Assem Marei batsinda cyane.

Mu minota ya nyuma, iyi kipe yatangiye gushimangira intsinzi no kugaragaza ko ikomeye, bituma Jaylan Adams atsinda menshi yongera ikinyuranyo kigera mu manota 21.

Umukino warangiye Al Ahli Tripoli yatsinze Petro de Luanda amanota 88-67 yegukana igikombe ku nshuro ya mbere yitabiriye iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya gatanu.

Umukinnyi mwiza w’irushanwa (MVP) yabaye Jean Jacques Boissy wa Al Ahli Tripoli.

Umunya Mali Aliou Diarra ukinira APR BBC yabaye umukinnyi wugariye neza.

Ikipe nziza y’irushanwa igizwe na Jean Jacques Boissy (Al Ahli), Jaylen Adams (Al Ahli), Majok Deng (Al Ittihad), Patrick Gardner (Petro de Luanda) na Aliou Diarra (APR).

TAGGED:BALBasketballIkipeIrushwanaLibyaUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Na Iran Bikomeje Kwihimuranaho
Next Article DRC: Inteko Yemereye Ubutabera Gukurikirana Minisitiri Mutamba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?