Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Al Shabaab Iri Kwigarurira Uduce Twa Somalia Twinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Iterabwoba

Al Shabaab Iri Kwigarurira Uduce Twa Somalia Twinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2021 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko ingabo za Uganda zivuye mu gace ka Marianguwaay hafi y’ahitwa Lower Shebelle muri Somalia, bakahasigira ubutegetsi bw’i Mogadishu, abarwanyi ba Al Shabaab bahise bahigarurira.

Umuhango wo guhererekanya buriya burenganzira wari uyobowe na Brig Gen Don Nabasa wahaye Bwana Abdkadir Murshid Sidi uburenganzira bwo gusigara yita ku mutekano n’imibereho myiza y’abatuye kariya gace ayoboye.

Ubwo ziriya ngabo zavaga muri kariya gace, byahaye urwaho abarwanyi ba Al Shabaab bahita bahigarurira.

Uku kuhafata byatumye abantu bibaza niba abasirikare ba Somalia mu by’ukuri bafite ubushobozi bwo kurinda agace runaka k’igihugu cyabo kandi mu buryo burambye.

Abatuye muri uriya mujyi bavuga ko ubwo ingabo za Uganda zari zikihashingura ibirenge, abarwanyi ba Al Shabaab bahise bahigarurira, bahashinga amabendera yabo yirabura.

Guverineri w’iriya Ntara witwa Sidi anenga ingabo za Somalia ko zatinze kuhagera, bigatuma abarwanyi ba Al Shabaab bashinga ibirindiro.

Ibirindiro bya Marianguwaay Forward Operating Base byashinzwe mu mwaka wa 2014 hagamijwe gufasha abaturage gukora urujya n’uruza bava  Barawe na Marka berekeza i Low Shabelle.

Guverineri w’iyi Ntara Abdikadir Murshid Sidi avuga ko  mu gihe cyose  abasirikare ba AMISOM bakoreraga muri kariya gace, amahoro yari yose, bakaba barakurikiranaga ibyaberaga muri kariya gace byose kandi ngo hari umutuzo.

TAGGED:AbasirikarefeaturedGuverineriIngaboShabaabSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bamwe Mu Rubyiruko Rw’U Rwanda Banengwa Kutumva Inama Z’Abakuru
Next Article Izindi Hoteli Na Resitora Zashyizwe Mu Zakira Abipimishije COVID-19 Gusa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?