Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Algeria Yacanye Umubano Na Maroc
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Algeria Yacanye Umubano Na Maroc

Last updated: 25 August 2021 9:45 am
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Algeria yatangaje ko bacanye umubano na Maroc, bayishinja ibikorwa by’ubushotoranyi ku gihugu cyabo.

Minisitiri Ramtane Lamamra yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa 24 Kanama, avuga ko ari icyemezo bahisemo gufata kandi kigomba guhita gitangira gukurikizwa.

Maroc na yo ntiyatinze gusubiza, isohora itangazo ivuga ko ari icyemezo kidafite ishingiro, itesha agaciro ibyo Algeria iyishinja.

Minisitiri Lamamra yagize ati “Amateka agaragaza neza ko Ubwami bwa Maroc butigeze bugoheka mu bikorwa by’ubushotoranyi kuri Algeria.”

Yavuze ko icyo gihugu baturanye cyakomeje kugira uruhare mu bibazo biri muri Algeria, kigateza ibibazo aho guharanira ko habaho ukwishyira hamwe.

Perezida wa Algeria, Abdelmadjid Tebboune, aheruka kuyobora inama nkuru y’umutekano, ari nayo yafatiwemo icyemezo cyo kongera gusuzuma neza umubano bafitanye na Maroc.

Mu cyumweru gishize Algeria yashinje Maroc kuba inyuma y’inkongi yatangiye ku wa 9 Kanama, yangije hegitari nyinshi z’ishyamba ndetse ihitana abantu nibura 90 barimo abasirikare basaga 30, mu gace ka Kabylie.

Ni ibikorwa byitiriwe umutwe ufatwa nk’uw’iterabwoba muri Algeria, Mouvement pour l’autodétermination de la Kabylie (MAK), ubuyobozi bw’icyo gihugu buvuga ko uterwa inkunga na Maroc.

Minisitiri ushinzwe dipolomasi ya Algeria kandi yashinje Maroc kuba yaragize uruhare mu kuneka abayobozi babo.

Yanayishinje ko yananiwe inshingano zayo, harimo izijyanye na Sahara Occidental, aho Algeria ishyigikiye Front Polisario ishaka ko aho hantu higenga nk’igihugu, mu gihe Maroc ivuga ko ari igice cy’ubutaka bwayo.

Maroc niyo igenzura hafi 80 % by’icyo gice, mu gihe iriya Polisario ishaka ko higenga ifite ibirindiro muri Algeria.

Nubwo byatangajwe ko ibyo bihugu byombi bicanye umubano, ntabwo ibiro by’ababihagarariye byahise bifungwa.

Algeria yahise inatangaza ko igiye gukaza umutekano ku mupaka wayo na Maroc mu burengerazuba.

Umupaka hagati y’ibihugu byombi ufunze kuva mu mwaka wa 1994.

TAGGED:AlgeriafeaturedMaroc
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwatsinze RDC Muri #Afrobasket 2021 Imbere Ya Perezida Kagame
Next Article U Rwanda Na Lesotho Byiyemeje Guhanahana Amakuru Ku Rugamba Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Amakipe Ya Volley Azahatanira Igikombe Cy’Intwari Yamenyekanye

Rayon Yaguze Uwakiniraga Mukura

Mu Myaka Mike Ishize Urwango Ku Bayahudi Rwariyongereye- Amb Weiss 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abatarahererekanya Ibinyabiziga Babikore Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Rwanda: Umubare W’Abarwara Mu Mutwe Kubera Inzoga Uriyongera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?