Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafaranga Yashyizwe Mu Kigega Nzahurabukungu Amaze Gukoreshwa Kuri 90%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Amafaranga Yashyizwe Mu Kigega Nzahurabukungu Amaze Gukoreshwa Kuri 90%

admin
Last updated: 06 December 2021 5:12 pm
admin
Share
Minisiteri Dr.Uzziel Ndagijimana
SHARE

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yatangaje ko miliyari 100 Frw zashyizwe mu kigega nzahurabukungu zimaze gukoreshwa ku kigero cya 90%, kandi zikomeje kugira uruhare mu gufasha ubucuruzi guhangana n’ingaruka za COVID-19.

Dr Ndagijimana kuri uyu wa Mbere yabwiye abadepite ko igice kinini cyakoreshejwe mu gufasha kuvugurura inguzanyo zari zarahawe inzego zitandukanye.

Harimo nk’igice cyahawe amahoteli n’ibigo bitegura bikanakira inama, aho byafashijwe mu gusimbuza umwenda (loan refinancing) wari ufitwe na hoteli 141, amabanki ahabwa miliyari 50.5 Frw kugira ngo bishoboke.

Hari amakuru ko muri iyo gahunda hahinduwe umwenda ungana na 35%, hoteli zemererwa kwishyura umwenda mushya ku nyungu ya 5%, zongererwa n’igihe cyo kwishyura kigera ku myaka 15, zihabwa n’igihe cyo kutishyura cy’imyaka itatu.

Hanavuguruwe inguzanyo zari zarahawe ibigo bitwara abagenzi, byasabwe gukomeza kugendera ku biciro bya mbere ya COVID-19 kandi byarasabwaga gutwara abantu bake ugereranyije n’ubushobozi bw’imodoka.

Muri icyo gihe ibigo byafashijwe kuvugurura inguzanyo 54 zifite agaciro ka miliyari 7.5 Frw.

Harimo n’inguzanyo zari zarahawe amashuri yamaze igihe kigera ku mezi umunani afunze, mu gihe yari afite abarimu agomba guhemba no kwishyura inguzanyo.

Muri icyo cyiciro havuguruwe inguzanyo 60 zifite agaciro ka miliyari 7.83 Frw.

Ikindi cyiciro cyatanzwemo amafaranga ni ukunganira ibigo bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, byahawe miliyari 12.1 Frw.

Ikindi cyiciro ni amafaranga yatanzwe nk’ingwate ku bigo bito by’ubucuruzi bitari bifite ingwate ihagije, ahohatanzwe angana na miliyari 1.5 Frw.

Hari n’amafaranga yatanzwe nk’inguzanyo mu gishoro ku bigo bito by’ubucuruzi. Hafashijwe ibigo bito 3,977 amafaranga afite agaciro ka miliyari 3.84 Frw.

Ni amafaranga yatanzwe ku bigo bito bikora mu nzego z’ubucuruzi, ububaji, ubudozi, ubwikorezi, abakora mu bijyanye no gutunganya imisatsi, ikoranabuhanga, ubuhinzi n’ubworozi, utubari na resitora n’indi mirimo.

Hanafashijwe ibigo biciriritse n’ibinini bigera ku 139 byasabye, bihabwa miliyari 10.3 Frw.

Muri iyi gahunda kandi leta irimo gukusanya miliyoni 250 Frw z’inyongera, zizifashishwa mu kurushaho gushyigikira ibikorwa by’ubucuruzi.

Ni amafaranga azifashishwa muri gahunda isanzwe, hakiyongeraho no gushyigikira ibijyanye n’ishoramari hagamijwe kwihurisha izahuka ry’ubukungu.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko mbere abantu bari bemerewe gufashwan’ikigega ari abari barahombye 50% ugereranyie na mbere ya COVID-19, ariko biza kugaragara ko abo bantu ari bake, maze icyo gipkimo kigezwa kuri 30%.

Yakomeje ati “Hari ibipimo bishingirwaho kandi ntawe uhejwe, ubyujuje wese arafashwa. Kugeza ubu nta muntu, nta sosiyete n’imwe yasabye muri bya byiciro by’ubufasha bigera kuri bitanu, yujuje ibisabwa ngo ye kudafashwa kubera ko amafaranga wenda yabuze, kuko turacyafite hafi miliyari 10 Frw kuri yayandi ya mbere.”

“Bivuze ko n’ugisaba ubungubu ashobora kuyabona nubwo noneho dufite n’andi yiyongeraho agera kuri miliyari 250 Frw.”

Yavuze ko amasosiyete mato n’amanini yafashijwe mu mafaranga amaze gutangwa, ndetse usanga amasosiyete mato ni yo menshi nubwo wenda amafaranga akenera atari amwe.

Yakomeje ati “Kandi ikigega kiracyakora, n’ubungubu twabakangurira ko abujuje ibisabwa bakomeje gusaba kuko amafaranga ahari ndetse agiye no kwiyongera. Ntabwo rero ari amasosiyete manini gusa, yego amanini aguza amafaranga menshi kurusha amato, ariko urebye umubare w’amasosiyete.”

Yavuze ko amafaranga atangwa akwira hirya no hino haba ku bakoresha za SACCO, ibigo by’imari iciriritse n’amabanki asanzwe y’ubucuruzi.

Yakomeje ati “Ni nako bizakomeza mu gihe kiri imbere, ariko noneho hakiyongeraho igishyashya. Ariya mafaranga yafashaga abantu basanzwe bakora bagahura n’ikibazo, bakoroherezwa inguzanyo kugira ngo bakomeze barwaze, bakomeze ibikorwa byabo.”

“Ariko ubu noneho hari ubushobozi bwo kuba twafasha abo tukanafasha n’ibikorwa by’ishoramari bifatika, bishya cyangwa se kwagura ibisanzweho, bikazagira ngo ingaruka nziza kandi yihuse ku bukungu bw’igihugu.”

Bijyanye na gahunda zo kuzahura ubukungu, Minisitiri Ndagijimana yatangaje ko ubukungu bw’igihugu muri uyu mwaka buzazamukaho 10.2% ugereranyije na -3.4% ryabayeho umwaka ushize.

Biteganywa ko mu mwaka wa 2022 ubukungu buzazamuka 7.2%, mu 2023 buzamuke 7.9%, mu 2024 buzamuke 7.5% no mu 2025 buzamuke 7.5%.

Gusa yavuze ko hashobora kuba imbogamizi kubera imiterere y’icyorezo cya COVID-19.

Ati “Mu mwaka ushize muri ibi bihe bya COVID ubu izamuka ry’ubukungu ku isi hose rishingira ahanini ku buryo ko icyorezo cyitwaye haba mu gihugu haba no hanze.”

Ibyo bikazajyana no gukingira abanyarwanda benshi bashoboka no gushyigikira gahunda zo kubaka ubukungu butajegajega cyane kubera impinduka ziturutse hanze.

Ibyo bikajyana no gukorera inkingo mu Rwanda, bitanga icyizere ko uko abantu bazaba bakingiwe ari benshi, ubukungu buzarushaho gufunguka.

TAGGED:COVID-19featuredIkigegaKuzahura UbukunguUzziel Ndagijimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanga Yemeza Ko Inkomoko Ya Virusi Nshya Ya COVID Ari Imbeba
Next Article U Budage Buri Hafi Guha U Rwanda Imbwa Zipima Ko Wanduye COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?