Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Abazungu Bari Gutoza Cyane Ingabo Za DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amafoto: Abazungu Bari Gutoza Cyane Ingabo Za DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2023 2:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abazungu bivugwa ko ari Ababiligi n’ubwo nta kibyerekana, bagaragaye mu mashusho yashyizwe kuri X n’umwe mu banyamakuru bo muri DRC bari gutoza ingabo z’iki gihugu.

Aya mashusho atangajwe nyuma y’uko Leta y’u Rwanda isabye amahanga guhagurukira ikibazo cy’abacanshuro DRC yahaye akazi ngo baze bakorane n’abarwanyi bihurije mucyo bise Wazalendo, iri rikaba ari ihuriro rikorana bya hafi n’ingabo za DRC.

Abo bazungu bari  gutoreza ingabo za DRC ahitwa Lwama, abo basirikare bari gutozwa bakaba ari abo mu batayo ya 31.

U Rwanda ruvuga ko abacanshuro b’Abazungu bagera 2000 bamaze igihe runaka bakorana na Wazalendo ndetse na FDLR n’indi mitwe irimo n’uyu ushaka kugaruka gukora Jenoside mu Rwanda.

Abo bacanshuro barimo abakorera ikigo bise ‘AGEMIRA.’

Iby’abacanshuro kandi biherutse gutangazwa n’ikigo cy’itangazamakuru cy’Ubudage,Deutsche Welle, kivuga ko abo bacanshuro batangiye kugera muri DRC hafi ya Goma mu mpera z’umwaka wa 2022.

Bari gutoza izo ngabo ngo nazo zizatoze Wazalendo n’abandi bakorana.

Bahita bakodesha Hoteli yitwa Hotel Mbiza.

Umwe mu banyamakuru bakorera i Goma ariko utarashatse ko amazina ye atangazwa, avuga ko abo Bazungu bambara impuzankano z’amabara n’imideri bitandukanye, itagira ibendera riranga ibihugu byabo.

Hotel Mbiza iri i Goma

Ubwo bageraga muri iriya Hoteli yahise itangira kurindwa n’abasirikari basanzwe barinda Umukuru wa DRC.

Abahagarariye ibihugu byabo muri DRC batangiye kwibaza iby’abo Bazungu badasanzwe muri Goma, bakaba bahaje mu gihe gito hadutse indi mirwano hagati ya M23 n’ingabo za DRC bivugwa ko ziri gukorana n’abagize Itsinda Wazalendo nayo ikorana FDLR.

Uyu ni imwe mu Bazungu bafasha Wazalendu na FARDC

Hari abavuga ko bariya bazungu ari abo abarwanyi bo muri Wagner bahawe akazi n’ubutegetsi bwa Tshisekedi ngo babufashe kurwana na M23.

TAGGED:AbacanshuroAbazunguDRCFDLRfeaturedWazalendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Muri Israel Ati: “Uwarashe Abana Mu Bitaro Ni Uwo Ku Rundi Ruhande”
Next Article Perezida Kagame Ashimira Uruhare Rwa MTN Mu Iterambere Ry’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?