Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Perezida Kagame Yagabiye Inyambo Umuhungu Wa Museveni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amafoto: Perezida Kagame Yagabiye Inyambo Umuhungu Wa Museveni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2022 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yaraye agabiye Inyambo Lt Gen Muhoozi Kainerugaba . Ni igikorwa cy’ubupfura n’ubuvandimwe yamugaragarije nyuma y’urugendo rwa kabiri akoreye mu Rwanda mu gihe gito gishize.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yatangiye ku wa Mbere taliki 14, Werurwe, 2022.

Ni uruzinduko rwa kabiri akoreye mu Rwanda mu rwego rwo kongera kuzamura umubano hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Yamugabiye Inyambo
Inyambo ni inka zihariye haba mu mukamo no mu bwema
Gen Muhoozi ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu
Inyambo za Perezida w’u Rwanda

Si Gen Muhoozi Kainerugaba Perezida Kagame agabiye inyambo mu bayobozi bakuru ba Uganda gusa kuko no muri Kanama, 2011, yagabiye Perezida wa Uganda Yoweli Museveni inyambo 10.

Mu mwaka wa 2011 Kagame yagabiye inyambo Perezida Museveni

Umujyanama wa Perezida Museveni akaba n’umuhungu Lt Gen Muhoozi Kainerugaba kuri uyu wa Kabiri kandi yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi.

Mu gitabo cy’abashyitsi yanditsemo ko kuba Leta y’u Rwanda yarashyizeho Urwibutso rwa Jenoside rwo ku Gisozi bizatuma ibisekuru bizaza bitinya ko yakongera kubaho.

Hari mu masaha ya mu gitondo  kuri uyu wa Kabiri, Taliki 15, Werurwe, 2022.

Yashimye Leta y’u Rwanda yahagaritse Jenoside  yakorewe Abatutsi.

Yaranditse ati: “Mbabajwe nibyo mbonye kuri uru rwibutso rwa Jenoside yakorewe abaturage b’iki gihugu mu mwaka wa 1994.  Ndashima ubuyobozi bw’iki gihugu buyobowe na Nyakubabwa Paul Kagame bwatekereje kubaka uru rwibutso kugira ngo abazavuga ejo hazaza batazasubira mu makosa yakozwe n’abababanjirije.”

Mu mwaka wa 2012 ubuyobozi bw’icyahoze ari Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside,( CNLG) rwubatse inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi muri Uganda mu bive bya Ggolo, Kanseselo na Lambu.

Muri izi nzibutso haruhukiye imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside igera ku 10 000.

Ni imibiri y’Abatutsi biciwe mu Rwanda bavugunywa mu migezi yatembanye imibiri yabo igera muri Uganda.

Izi nzibutso zubatswe  ku nkengero z’ikiyaga cya Victoria.

Nyuma kuva gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yahise akomereza muri Kigali Arena aho yerekaniye ubuhanga bwe mu gukina Basketball.

Hari amafoto yagaragaye ari gutera umupira mu nkangara abandi bakinnyi ba  Basketball bateramo iyo bashaka gutsinda ibitego.

TAGGED:featuredInyamboKagameKainerugabaMuhooziMuseveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Munyamakuru Yiciwe Muri Ukraine
Next Article Impamvu Perezida Kagame Yagabiye Muhoozi Inyambo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?