Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Perezida Kagame Yitabiriye Car Free Day
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho

Amafoto: Perezida Kagame Yitabiriye Car Free Day

Last updated: 21 November 2021 2:04 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru yitabiriye siporo rusange y’umunsi umenyerewe nka Car Free Day, aho imihanda imwe n’imwe iba yahariwe abanyamaguru cyangwa abakoresha amagare gusa.

Ni siporo iba kabiri mu kwezi hagamijwe gufasha abantu kugorora umubiri no kwirinda indwara zitandura. Inajyanye no na gahunda yo kugabanya imyotsi ihumanya ikirere isohorwa n’ibinyabiziga, hagamijwe kubaka Kigali itoshye.

Perezida Kagame yakoze siporo agenda n’amaguru, ava iwe mu Kiyovu agera aharimo kubakwa ibikorwa remezo bijyanye n’umushinga wiswe Imbuga City Walk, ahazwi nka car free zone mu Mujyi wa Kigali rwagati.

Ni ahantu hashyizwe intebe abantu bashobora kwicaraho baganira, hanashyizwe internet nziramugozi abantu bashobora kwifashisha.

Amafoto yashyizwe ahagaragara n’Ibiro by’Umukuru w’igihugu agaragaza Perezida Kagame ari muri siporo hamwe na Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa.

Yagize umwanya wo kwitegereza imirimo yo gutunganya Imbuga City Walk ndetse anasuhuza abaturage.

Perezida Kagame yanditse kuri Twitter ko yishimiye kwitabira siporo rusange nyuma y’amezi menshi y’amabwiriza yo gukumira COVID-19. Yijeje ko n’iy’ubutaha azayitabira.

It was liberating to join #CarFreeDay today and walk the streets of Kigali after so many months of #COVID19 restrictions. See you all at the next #CarFreeDay! pic.twitter.com/aPkEp2sqNl

— Paul Kagame (@PaulKagame) November 21, 2021

Iyi siporo iba hagati ya saa moya za mu gitondo na saa yine, kandi muri ibi bihe ikaba hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19 .

Perezida Kagame ubwo yajyaga muri siporo ya Car Free Day
Yageze no mu Imbuga City Walk ari kumwe na Minisitiri Munyangaju na Meya Rubingisa
Yirebeye bimwe mu bikorwa remezo birimo kubakwa ahahoze hitwa Car Free Zone
Kuri Car Free Day hari abakora siporo zo kunyonga igare
Iyi siporo iritabirwa cyane nyuma yo gusubukurwa

TAGGED:Car Free DayfeaturedMunyangaju Aurore MimosaPaul KagamePudence RubingisaSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashinwa Umunani Bashimutiwe Muri RDC
Next Article Ubuzima Yakuriyemo Bwatumye Abwandikaho Igitabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?