Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Uko Police Volleyball Club Yatsinze APR VC Idakozemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Amafoto: Uko Police Volleyball Club Yatsinze APR VC Idakozemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2025 12:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukino wahuje Police Volleyball Club na APR VC warangiye iya Polisi itsinze iya APR uruhenu ku maseti atatu ku busa(3-0).

Ni umukino wo guhanganira kuzatwara igikombe bakunze kwita ‘kamarampaka’.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, hari ku wa Gatandatu tariki 29, Werurwe, 2025 nibwo uwo mukino wabaye.

Warangiye Police Volleyball Club itsinze mu buryo bugaragara APR VC kuko yayitsinze amaseti atatu ku busa.

Byayihaye kandi amahirwe afatika yo kuzegukana iki gikombe kuko isigaje gutsinda umukino umwe ubundi ikagiterura.

Aya makipe yombi agomba gutanguranwa gutsinda imikino itatu kandi, uko bigaragara, Police Volleyball Club izayitsinda yose kuko kugeza ubu isabwa gutsinda undi mukino umwe bikarangira.

Ingengabihe y’uko imikino izagenda yerekana ko umukino wa kabiri uzayahuza, uzaba tariki 10, Gicurasi, 2025, ukaba warashyizwe kuri iyo tariki kuko hagati aho hari indi mikino ayo makipe azitabira kandi iri ku rwego mpuzamahanga.

Urugero ni uko ikipe y’abagore izajya gukina muri Nigeria naho iy’abagabo ikazajya gukina muri Libya.

Yombi azaba yitabiriye Irushanwa mpuzamahanga rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Club Championship).

Ku byerekeye umukino wahuye APR VC na Police VC, bisa n’aho iriya kipe ibanza yatunguwe no gutsinda bidasubirwaho na Police.

Ni ibintu byayitunguye kuko mu mikino wabanje APR VC yari yatsinze amaseti atatu kuri imwe.

Iki kipe kandi isanzwe ifite igikombe yakuye muri Uganda mu irushanwa ry’Akarere ka Gatanu.

Intsinzi igaragara ya Police VC muri iki gihe ije yari ikenewe cyane kuko ari ubwa mbere iri gukina imikino ya nyuma (Finals) mu myaka itatu imaze ishinzwe.

Ku nshuro ya mbere, iyi kipe yaje ku mwanya wa gatatu, mu mwaka wayo wa kabiri iza ku mwanya wa kane, ubu ikaba iri gukina imikino ya nyuma ku nshuro ya mbere.

Reba mu mafoto uko byari byifashe:

Iyi kipe muri iyi minsi yihagazeho
Yatsinze APR FC amaseti atatu ku busa
Abo nibo bawusifuye
Umuuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’ubutegetsi DIGP Jeanne Chantal Ujeneza yicaranye na ACP Teddy Tuyenzi
Umutoza wa Police Volleyball Club Fred Musoni areba uko abahungu be babigenza
Biyemeje kuzatwara iki gikombe uko byagenda kose
Chief Superintendent of Police Urujeni abyina intsinzi
Bakubitaga ibilo biremereye
Ujeneza nawe yishimiye intsinzi

Amafoto@RNP

TAGGED:APRfeaturedIgikombeIkipePoliceVolleyball
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amazi Ava Mu Ruganda Gatsibo Rice Company Ltd Yangiriza Abaturage
Next Article DRC:Abashinwa Barataka Ko Ingabo Zibahohotera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Aline Gahongayire Arashaka Kwamamaza Umuziki We Muri Uganda

Urubyiruko Rw’Abanyarwanda Bo Muri Afurika Y’Epfo Ruri Mu Rwanda Kureba Ibiruranga

Papa Arasaba Ko Umugambi W’Amahoro Wo Guhuza Hamas Na Israel Ugerwaho

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

Burkina Faso Irapfa Iki Na Côte d’Ivoire ?

Uko Umusaruro Mbumbe W’u Rwanda Uhagaze Mu Gihembwe Cya Kabiri Cya 2025

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?