Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yayoboye Inama Nkuru Ya Gisirikare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yayoboye Inama Nkuru Ya Gisirikare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2021 9:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yayoboye Inama Nkuru y’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, nk’urwego rukuru rufite ububasha bwo gufata ibyemezo bireba Ingabo.

Ni inama yabereye ahazwi nka Camp Kigali, yitwabirwa n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’Urwego rushinzwe Iperereza n’Umutekano w’igihugu, NISS.

Perezida Kagame yasabye abitabiriye iyo nama gukomera ku ndangagaciro z’imyitwarire myiza, gukorera igihugu no gukora cyane nk’inkingi RDF yubakiweho, nk’uko Minisiteri y’Ingabo yabitangaje.

Yakomeje ivuga ko “Yibukije abitabiriye inama uruhare rwabo mu kubaka iterambere ry’imibereho myiza irambye n’umutekano uhamye.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yanibukije abayobozi bvakuru muri RDF gucunga neza ubushobozi buri mu nzego bayobora.

Minisiteri y’Ingabo yakomeje iti “Umugaba w’Ikirenga yifashishije ingero zo kwirara, kutagera ku ntego no gutsindwa, yijeje inama nkuru ko atazabura gufata ibyemezo bikwiye ku bananirwa kuzuza inshingano zabo.”

Iyi nama iba buri mwaka,  mu rwego rwo kungurana ibitekerezo mu mikorere ya gisirikare mu ngabo z’u Rwanda.

Ibaye mu gihe muri iki gihe u Rwanda rwohereje abasirikare barwo mu ntambara yo guhashya abarwanyi muri Mozambique, mu Ntara ya Cabo Delgado.

Rufite n’abandi basirikare mu bindi bihugu nka Centrafrique aho bafasha mu kugarura amahoro amaze igihe ataharangwa.

- Advertisement -

Izindi nama zifatirwamo ibyemezo muri RDF ni Komite Mpuzabikorwa ya Minisiteri
y’Ingabo; Inama y’Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda n’Inama y’Abakuru b’Ingabo z’u Rwanda.

Abasirikare bakuru ubwo bajyaga muri iriya nama
Perezida Kagame yabagejejeho inama z’uko bakomeza kunoza akazi kabo
Abasirikare bakuru n’abapolisi bakuru bitabira iriya nama
Bicaye mu nama baganira

TAGGED:AbasirikarefeaturedIngaboKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr. Kayumba Christopher Yatawe Muri Yombi
Next Article Abaturage Babiri Biciwe Muri Uganda Bagejejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?