Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yayoboye Inama Nkuru Ya Gisirikare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yayoboye Inama Nkuru Ya Gisirikare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2021 9:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yayoboye Inama Nkuru y’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, nk’urwego rukuru rufite ububasha bwo gufata ibyemezo bireba Ingabo.

Ni inama yabereye ahazwi nka Camp Kigali, yitwabirwa n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’Urwego rushinzwe Iperereza n’Umutekano w’igihugu, NISS.

Perezida Kagame yasabye abitabiriye iyo nama gukomera ku ndangagaciro z’imyitwarire myiza, gukorera igihugu no gukora cyane nk’inkingi RDF yubakiweho, nk’uko Minisiteri y’Ingabo yabitangaje.

Yakomeje ivuga ko “Yibukije abitabiriye inama uruhare rwabo mu kubaka iterambere ry’imibereho myiza irambye n’umutekano uhamye.”

Yanibukije abayobozi bvakuru muri RDF gucunga neza ubushobozi buri mu nzego bayobora.

Minisiteri y’Ingabo yakomeje iti “Umugaba w’Ikirenga yifashishije ingero zo kwirara, kutagera ku ntego no gutsindwa, yijeje inama nkuru ko atazabura gufata ibyemezo bikwiye ku bananirwa kuzuza inshingano zabo.”

Iyi nama iba buri mwaka,  mu rwego rwo kungurana ibitekerezo mu mikorere ya gisirikare mu ngabo z’u Rwanda.

Ibaye mu gihe muri iki gihe u Rwanda rwohereje abasirikare barwo mu ntambara yo guhashya abarwanyi muri Mozambique, mu Ntara ya Cabo Delgado.

Rufite n’abandi basirikare mu bindi bihugu nka Centrafrique aho bafasha mu kugarura amahoro amaze igihe ataharangwa.

Izindi nama zifatirwamo ibyemezo muri RDF ni Komite Mpuzabikorwa ya Minisiteri
y’Ingabo; Inama y’Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda n’Inama y’Abakuru b’Ingabo z’u Rwanda.

Abasirikare bakuru ubwo bajyaga muri iriya nama
Perezida Kagame yabagejejeho inama z’uko bakomeza kunoza akazi kabo
Abasirikare bakuru n’abapolisi bakuru bitabira iriya nama
Bicaye mu nama baganira

TAGGED:AbasirikarefeaturedIngaboKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr. Kayumba Christopher Yatawe Muri Yombi
Next Article Abaturage Babiri Biciwe Muri Uganda Bagejejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?