Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amajyaruguru: Abana 22,000 Bataye Ishuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Amajyaruguru: Abana 22,000 Bataye Ishuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2025 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Guta ishuri ni ikibazo ku hazaza heza h'abana.
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Irere Claudette aherutse kunenga ko abana 22,000 bo mu Ntara y’Amajyaruguru bataye ishuri mu mwaka wa 2024/2025, akemeza ko bakwiye kurigarurwamo.

Mu nama igamije gusesengurira hamwe ibikibangamiye ireme ry’uburezi muri iyi Ntara yabereye mu Karere ka Musanze ku wa Gatanu tariki 16 Gicurasi 2025, niho Irere yabivugiye.

Yari yitabiriwe n’inzego zifite aho zihuriye n’uburezi kandi zishamikiye kuri Minisiteri zitandukanye hamwe n’Ibigo bya Leta n’Ibyigenga byo mu Ntara y’Amajyaruguru.

Ibarura ry’abo bana, ryerekanye ko muri bo hari abarivuyemo burundu, abandi bajya kwiga inshuro nke mu gihembwe, ikindi gihe bakakimara mu mirimo itagenewe abana.

Iyo ni ubucuruzi bwo mu masoko, mu birombe bicukurwamo amatafari, iby’amabuye y’agaciro, mu buhinzi bw’icyayi, abandi bakaba barabaye inzererezi zisaba abahisi n’abagenzi amafaranga cyangwa ibyo kurya.

Irere Claudette( Ifoto@Kigali Today)

Nubwo kuva mu ishuri ari bibi ku bana bose, birushaho kugira ingaruka ku bana b’abakobwa kuko bibashyira mu kaga ko gukura badafite igitsure cyangwa ubundi burere bwabarinda ibyago birimo gutwita imburagihe.

Akaga nk’ako bahurira nako mu muhanda aho baba, mu tubari aho bahawe akazi cyangwa ahandi hakunze guhurira abantu benshi.

Mu zindi mbogamizi zikigaragara nk’izibangamiye uburezi muri bimwe mu bigo by’amashuri yo mu Majyaruguru ni umwanda ugaragara hamwe na hamwe aho abana bigira.

Ugaragara no ku mubiri no ku myambaro; hakaba ikibazo kirebana n’imyubakire y’ibyumba by’amashuri n’ibikoni bishaje, ubucucike bw’abanyeshuri, ibikorwa remezo nk’amazi meza n’amashanyarazi bikiri bicye n’ibindi.

Muri ibyo bibazo byose, Minisitiri Irere Claudette yavuze ko hari ibyo ababyeyi bakemura ubwabo, hanyuma ibibananiye Leta ikabyikemurira.

Irere ati: “Hari ibibazo byoroheje nko kubungabunga isuku n’umutekano by’aho abana bigira kandi ibyo ababyeyi ubwabo n’abarezi bakagombye kubyikemurira bidasabye andi mikoro ya Leta. Aho bishoboka nibashyireho akabo noneho n’ibikeneye gushorwamo ingengo y’imari bijye bisanga hari icyakozwe”.

Intara y’Amajyaruguru ituwe n’abaturage 2,038,511 kandi, nk’uko bimeze n’ahandi, abana nibo banshi.

Ibibazo Irere yabonye mu Majyaruguru wabisanga n’ahandi mu Rwanda harimo no mu Mujyi wa Kigali.

TAGGED:AbanaAmajyaruguruAmashurifeaturedIkigoIrereRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamasheke: Umukecuru Warokotse Jenoside Yishwe Atemwe
Next Article Joe Biden Arembejwe Na Cancer Ifata Ubugabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?