Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amakimbirane Mu Ngo Niyo Ntandaro Y’Ubuzima Bubi- Min Uwamariya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Amakimbirane Mu Ngo Niyo Ntandaro Y’Ubuzima Bubi- Min Uwamariya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2024 7:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Uwamariya Valentine uyobora Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yasabye ababyeyi kunga ubumwe kuko amahane ari kimwe mu bintu bikomeye bisenya umuryango, abana bakaba aba mbere mu kubizahariramo.

Yabivugiye mu gikorwa cyo gutangiza Icyumweru cyahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi cyatangirijwe mu Karere ka Burera mu Murenge wa Nemba.

Minisitiri  Dr.Uwamariya asanga kuba abana bagwingira ari ingaruka z’imibereho n’imibanire mibi mu ngo.

Aha niho yahereye avuga ko ababyeyi bakwiye kubana amahoro bakunganirana mu kwita kubo bibarutse.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku rundi ruhande abagabo nibo bavugwaho kuba ba ‘ntibindeba’ cyane cyane mu guha abana uburere.

Mu kubaha inama Minisitiri Uwamariya yagize ati: “ Icyo cyuho iyo kigaragaye gikururira abana kugwingira. Abagabo bakwiye gufatanya n’abagore kwita ku bana haba mu burere, mu mirire no mu bindi”.

Mukamana Soline uyobora Burera yavuze ko mu Karere ke hakiri ikibazo cy’imirire mibi n’amakimbirane mu miryango bigatuma abana batabona ababitaho bityo bakagwingira.

Kugira ngo ibi bikemuke, avuga ko ubuyobozi bwashyizeho uburyo bwo gukorana n’abaturage ngo ibyo bibazo bimenyekane kandi bishakirwe umuti urambye.

Ati: “Ni muri urwo rwego hashyizweho ibikorwa binyuranye dufatanya n’abaturage duhereye mu muryango.”

- Advertisement -

Igwingira mu Karere ka Burera riri kuri 30%.

Ababyeyi bo muri Burera mu Murenge wa Nemba biyemeje gufatanyiriza hamwe bakirinda amahane bityo bagakorana bagateza imiryango yabo imbere.

Nabo bemera ko amakimbirane aturuka ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge( Akarere ka Burera kagaragaramo Kanyanga nyinshi) ari kimwe mu bikomeye bikurura rwaserera mu bashakanye.

Dr. Cyiza François Regis uyobora ishami ry’ubuzima bw’umwana n’umubyeyi mu mavuriro muri RBC, yavuze ko icyumweru cyahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi gifasha mu bukangurambaga hirya no hino mu gihugu kugira ngo bitabire gahunda zibagenewe.

Cyiza avuga ko muri icyo cyumweru hazabonerwaho no gukingira abana bose bafite amezi atandatu kugeza ku myaka itandatu indwara y’iseru, bikazakorwa mu Turere 19.

Abaturage b’utu turere basabwe kuzitabira iyo gahunda kugira ngo hatazagira umwana ubuzwa ayo mahirwe.

Iki cyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti “Hehe n’igwingira, twite ku buzima bw’umubyeyi utwite n’umwana, imirire n’isuku, dukingize abana inkingo zose”.

Muri cyo hateganyijwe gutangwa serivisi z’ubuzima ku bana n’ababyeyi babo cyane cyane ba Nyina zirimo guha abana inkingo n’ibinini by’inzoka kandi bagapimwa uko imikurire yabo ihagaze.

Ababyeyi bazigishwa uko indyo nziza ku mwana iba iteye n’abagabo bashishikarizwe kubigiramo uruhare.

Ibizakorwa hagati y’italiki 03 n’italiki 07, Kamena, 2024
TAGGED:AbabyeyiAbanafeaturedMinisitiriUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jeannine Munyeshuli Yirukanywe Muri Guverinoma
Next Article Inyama Itogosheje Yahejeje Umusore Umwuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?