Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amavubi Yazamutse Ku Rutonde Rwa FIFA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Amavubi Yazamutse Ku Rutonde Rwa FIFA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2024 11:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amavubi yazamutse ho imyanya ibiri ku rutonde ngarukakwezi rw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA. Ni umwanya wazamutse nyuma kwitwara neza mu mikino ibiri ya gicuti rwakinnye muri Werurwe, 2024.

Uru rutonde rwasohotse kuri uyu wa Kane taliki 04, Mata, 2024.

Ikipe y’Igihugu yazamutseho imyanya ibiri kuko yaje ku mwanya wa 131 n’amanota 1112.44 mu gihe ku rutonde ruheruka gusohoka tariki 15,  Gashyantare,  2024 Amavubi yari yaje ku mwanya wa 133 n’amanota 1170.04.

Muri Werurwe, Amavubi yakinnye imikino ibiri ya gicuti, atsinda umwe anganya undi.

Uwo banganyije ni uwo bakinnye na Botswana taliki 02, Werurwe, 2024, undi bawutsinda Madagascar ibitego 2-0, ho hari taliki 25, Werurwe, 2024.

Ku rwego rw’isi Argentina ni iyo ya mbere, u Bufaransa ni ubwa kabiri, hagakurikiraho u Bubiligi, u Bwongereza, Brésil, Portugal , u Buholandi, Espagne, u Butaliyani na Croatia.

Igihugu cya mbere muri Afurika ni Maroc, igakurikirwa na Senegal, Nigeria, Misiri, Côte d’Ivoire, Tunisia, Algeria, Mali, Cameroon na Afurika y’Epfo.

Igihugu cyo mu Karere u Rwanda ruherereyemo cyaje ku mwanya w’imbere ni DRC iri ku mwanya wa 63, Uganda ikaba ku mwanya wa 92, Kenya ikaza ku mwanya wa 107, Tanzania ikaza ku mwanya wa 119 naho Uburundi bukaza kuwa 140.

Ibindi bihugu byazamuye urwego ni Indonésie yazamutse ho imyanya umunani(8) ndetse aba ari na cyo gihugu cyazamutseho amanota menshi (30.04), na ho Vietnam isubira inyuma ho imyanya myinshi (10), itakaza amanota (30.04).

Hagati aho Amavubi ari kwitegura imikino y’umunsi wa gatatu n’uwa kane yo gushaka tike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 u Rwanda ruzasuramo Bénin na Lesotho muri Kamena uyu mwaka.

Icyakora Bénin iherutse gutangaza ko itazakirira Amavubi iwayo.

Hari amakuru avuga ko uwo mukino ushobora kuzabera muri Côte d’Ivoire .

U Rwanda ruracyayoboye itsinda C n’amanota ane, nyuma y’imikino y’umunsi wa mbere n’uwa kabiri rwatsinzemo Afurika y’Epfo ibitego 2-0 n’uwo rwanganyijemo na Zimbabwe 0-0, iyi mikino ikaba  yombi yabereye i Huye mu Ugushyingo 2023.

TAGGED:AmavubifeaturedFIFAImikinoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DJ Sonia Yapfushije Musaza We
Next Article Kicukiro: Umugabo Aravugwaho Kwica Nabi Umugore We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?