Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amb Bazivamo Yavuze Ku Ntandaro Ya Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amb Bazivamo Yavuze Ku Ntandaro Ya Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2024 2:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagezaga ijambo ku Banyarwanda n’inshuti zabo zo muri Nigeria zari zaje kubafasha kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Ambasaderi  Christophe Bazivamo yavuze ko urwango rwabwibwe n’Abakoloni ari rwo rwakuze ruvamo iriya Jenoside yakozwe mu minsi 100.

Iri jambo yarivuze ku Cyumweru taliki 07, Mata, 2024 mu muhango wabereye kuri Ambasade y’u Rwanda i  Abuja mu Murwa mukuru wa Nigeria.

Bazivamo yibukije ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atari impanuka.

Ati: “Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni indunduro y’urwango n’amacakubiri ashingiye ku moko yabibwe n’Abakoloni, atizwa umurindi n’ubuyobozi bubi bwakurikiyeho kugeza mu mwaka wa  1994 ubwo Abatutsi barenga miliyoni bishwe bazira ubwoko bwabo amahanga arebera”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko kwibuka Abatutsi yahitanye ari ingenzi mukubaha icyubahiro bavukijwe n’abagome babahitanye babica urubozo.

Yashimye kandi ubutwari bushingiye ku budaheranwa abayirokotse bagaragaje mu guharanira kwiteza imbere no guteza imbere igihugu cyabo.

Ambasaderi Bazivamo yasabye amahanga kuba maso agahagurukira kwamagana abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu ijambo rye, yaboneyeho gusaba ko mu mashuri ya Nigeria bajya biga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bikaba uburyo bwiza bwo kwigisha abantu uko amacakubiri aganisha kuri Jenoside akura bityo bakazakura babyirinda.

Muri iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abututsi cyabereye muri Nigeria, abatanze ubutumwa bose bashimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.

- Advertisement -
Abahagarariye ibihugu byabo muri Nigeria bari baje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu bagize icyo bavuga harimo  Rear Admiral Samuel Ilesanmi Alade (Rtd), wari indorerezi (Military Observer) mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda mu 1994-1995.

Uyu musirikare mukuru wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru yagize ati: “Insanganyamatsiko ‘Kwibuka Twihubaka’, ikubiyemo ubuzima bwose bw’u Rwanda, imibereho myiza, politiki… Nzi u Rwanda kuva ruri mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugeza uyu munsi turuvuga imyato. Iki gihugu cy’imisozi igihumbi cyanyuze mu nzira y’umusaraba kugira ngo kigere aho kiri none. Aha ndashima ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda mu kugira igihugu cyabo intangarugero ku isi”.

Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Nigeria ushinzwe Afurika Ambasaderi Safiu O. Olaniyan, wari uhagarariye Ubuyobozi bwa Nigeria, yavuze ko iki gihugu cyifatanyije n’u Rwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, asaba abari aho koroherana, kwihanganirana no guharanira ko “bitazongera ukundi”.

Ngo Never Again igomba kuba impamo.

Mu butumwa bw’Umunyamabanga mukuru wa ONU mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bwasomwe n’Umuhuzabikorwa w’amashami y’Umuryango w’Abibumbye muri Nigeria, Mohamed M. Malick Fall yavuze ko abazize Jenoside yakorewe Abatutsi batazibagirana kandi anashima ubutwari bw’abayirokotse,

Muri Nigeria kandi naho hacanywe urumuri rutazima, rukaba n’urumuri rw’icyizere.

TAGGED:BazivamofeaturedIcyizereJenosideNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yemereye Amakamyo 419 Kwinjiza Imfashanyo Muri Gaza
Next Article Hagiye Kwigwa Uko Palestine Yashyirwa Muri UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?