Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amb Bazivamo Yavuze Ku Ntandaro Ya Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amb Bazivamo Yavuze Ku Ntandaro Ya Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2024 2:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagezaga ijambo ku Banyarwanda n’inshuti zabo zo muri Nigeria zari zaje kubafasha kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Ambasaderi  Christophe Bazivamo yavuze ko urwango rwabwibwe n’Abakoloni ari rwo rwakuze ruvamo iriya Jenoside yakozwe mu minsi 100.

Iri jambo yarivuze ku Cyumweru taliki 07, Mata, 2024 mu muhango wabereye kuri Ambasade y’u Rwanda i  Abuja mu Murwa mukuru wa Nigeria.

Bazivamo yibukije ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atari impanuka.

Ati: “Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni indunduro y’urwango n’amacakubiri ashingiye ku moko yabibwe n’Abakoloni, atizwa umurindi n’ubuyobozi bubi bwakurikiyeho kugeza mu mwaka wa  1994 ubwo Abatutsi barenga miliyoni bishwe bazira ubwoko bwabo amahanga arebera”.

Avuga ko kwibuka Abatutsi yahitanye ari ingenzi mukubaha icyubahiro bavukijwe n’abagome babahitanye babica urubozo.

Yashimye kandi ubutwari bushingiye ku budaheranwa abayirokotse bagaragaje mu guharanira kwiteza imbere no guteza imbere igihugu cyabo.

Ambasaderi Bazivamo yasabye amahanga kuba maso agahagurukira kwamagana abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu ijambo rye, yaboneyeho gusaba ko mu mashuri ya Nigeria bajya biga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bikaba uburyo bwiza bwo kwigisha abantu uko amacakubiri aganisha kuri Jenoside akura bityo bakazakura babyirinda.

Muri iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abututsi cyabereye muri Nigeria, abatanze ubutumwa bose bashimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.

Abahagarariye ibihugu byabo muri Nigeria bari baje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu bagize icyo bavuga harimo  Rear Admiral Samuel Ilesanmi Alade (Rtd), wari indorerezi (Military Observer) mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda mu 1994-1995.

Uyu musirikare mukuru wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru yagize ati: “Insanganyamatsiko ‘Kwibuka Twihubaka’, ikubiyemo ubuzima bwose bw’u Rwanda, imibereho myiza, politiki… Nzi u Rwanda kuva ruri mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugeza uyu munsi turuvuga imyato. Iki gihugu cy’imisozi igihumbi cyanyuze mu nzira y’umusaraba kugira ngo kigere aho kiri none. Aha ndashima ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda mu kugira igihugu cyabo intangarugero ku isi”.

Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Nigeria ushinzwe Afurika Ambasaderi Safiu O. Olaniyan, wari uhagarariye Ubuyobozi bwa Nigeria, yavuze ko iki gihugu cyifatanyije n’u Rwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, asaba abari aho koroherana, kwihanganirana no guharanira ko “bitazongera ukundi”.

Ngo Never Again igomba kuba impamo.

Mu butumwa bw’Umunyamabanga mukuru wa ONU mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bwasomwe n’Umuhuzabikorwa w’amashami y’Umuryango w’Abibumbye muri Nigeria, Mohamed M. Malick Fall yavuze ko abazize Jenoside yakorewe Abatutsi batazibagirana kandi anashima ubutwari bw’abayirokotse,

Muri Nigeria kandi naho hacanywe urumuri rutazima, rukaba n’urumuri rw’icyizere.

TAGGED:BazivamofeaturedIcyizereJenosideNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yemereye Amakamyo 419 Kwinjiza Imfashanyo Muri Gaza
Next Article Hagiye Kwigwa Uko Palestine Yashyirwa Muri UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?