Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amb Busingye Yatangiye Kwagurira Umubano W’u Rwanda Mu Kirwa Cya Cyprus
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amb Busingye Yatangiye Kwagurira Umubano W’u Rwanda Mu Kirwa Cya Cyprus

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2022 2:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe gito atangiye guhagararira u Rwanda mu Bwongereza, Hon Ambasaderi Johnston Busingye yahuye na Ambasaderi wa Cyprus mu Bwongereza baganira uko igihugu cye cyakorana n’u Rwanda  mu nzego zitandukanye.

Johnston Busingye aherutse kwemerwa n’Ubwami bw’u Bwongereza ngo ahagararire u Rwanda mu Bwongereza.

Ni nyuma y’uko hari abantu bavugaga ko adakwiye guhabwa ziriya nshingano kubera ko ubwo yari Minisitiri w’ubutabera mu Rwanda akaba n’Intumwa nkuru ya Leta y’u Rwanda, yemeje ko igihugu cye kishyuye indege yazanya Paul Rusesabagina akisanga mu Rwanda .

This morning High Commissioner @BusingyeJohns paid a courtesy call to High Commissioner of the Republic of Cyprus to the UK Andreas S. Kakouris at @CyprusInUK.

The discussions focused on bilateral relations between #Cyprus 🇨🇾 and #Rwanda 🇷🇼. pic.twitter.com/PSyQr3Ybci

— 🇷🇼Rwanda in UK 🇬🇧🇮🇪🇲🇹 (@RwandaInUK) April 5, 2022

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda Omar Daair niwe watangarije The East African ko u Bwongereza bwemeje  ko Johnston Busingye ahagararira u Rwanda i London.

Johnston Busingye yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza taliki 31, Kanama, 2021.

Kuva yahabwa uriya mwanya ntiyashoboye gutangira inshingano ze kubera ko i London babanje kutakira inyandiko zimwemerera gukora kariya kazi kubera ibyavugwaga n’abantu twavuze mu ntangiriro z’iyi nkuru.

Inkuru y’uko u Bwongereza bwemeye ko Johnston Busingye ahagararira u Rwanda i London itangajwe mu gihe hasigaye amezi macye ngo mu Rwanda hateranire Inama y’Abakuru b’ibihugu naza Guverinoma bagize Umuryango uhuriye ku Cyongereza  witwa Commonwealth.

U Bwongereza Bwemeye Ko Busingye Ahagararira u Rwanda Muri Kiriya Gihugu

- Advertisement -

Iyi nama izatangira taliki 20 Kamena, 2022.

Ikirwa bya Cyprus…

Ibirwa bya Cyprus

Cyprus ni ikirwa giherereye mu Burasirazuba bw’Inyanja ya Meditaranée, hafi y’ubunigo bwitwa Anatolie.

Ni ikirwa cya gatatu gituwe cyane mu birwa byose biri muri iriya Nyanja.

Giherereye mu Majyepfo ya Turikiya, mu Burengerazuba bwa Syria, mu Mujyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Libanon, Israel na Bande ya Gaza.

Ni ikirwa kandi kiri mu Majyaruguru ya Misiri.

Umurwa mukuru ni Nicosia .

Abaturage bitwa Aba miseniyene batuye muri kiriya gice mu myaka 2000 ishize.

Kubera ko ari ikirwa kiri ahantu hateye mu buryo haba ihuriro ry’ibintu byinshi, ikirwa cya Cyprus cyategetswe n’ubwami bw’ibihangange bwinshi harimo n’u Bugereki bwari buyobowe na Alexandre Le Grand, umuhungu wa Filipo Mukuru.

Abaromani nabo bategetse iki kirwa.

Ubukungu bw’iki gihugu bushingiye kuri za Banki, uburobyi n’ibindi.

Icyakora mu mwaka wa 2012 bwaje guhungabanywa n’ibibazo by’ubukungu bwadutse mu Burayi cyane bitewe n’ibibazo za Banki zagize.

Muri iki gihe ariko ubukungu bw’iki gihugu bwongeye kwisuganya.

 

TAGGED:BusingyeCyprusfeaturedIbirwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ifoto Idasanzwe: Perezida Kagame Akora Ku Nyamaswa ‘Isa N’Ingwe’
Next Article Perezida Kagame Yateye Igiti Muri Zambia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?