Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Wa Israel Mu Bwongereza ‘Yibasiwe’ N’Urubyiruko Rwarakaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ambasaderi Wa Israel Mu Bwongereza ‘Yibasiwe’ N’Urubyiruko Rwarakaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2021 1:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yari arimo atanga ikiganiro muri imwe muri Kaminuza zo mu Bwongereza Ambasaderi wa Israel mu Bwongereza Madamu Tzipi Hotovoly yasohowe n’abashinzwe kumurinda nyuma y’uko urubyiruko rw’AbanyaPalestine rwasunitse urugi rushaka kumusumira.

Abashinzwe kumurinda bahise bamwinjiza mu ivatiri ye yo mu bwoko bwa Jaguar bamuvana aho ngaho.

Yari arimo atanga ikiganiro mu ishuri ryigisha iby’ubukungu ryitwa London School of Economics.

Aho yari ari Ambasaderi Tzipi yari yitwaje indabo mu biganza bye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo yari arimo atanga kiriya kiganiro, abasore n’inkumi bakomoka muri Palestine batangije icyo bita Hashtag basaba bagenzi babo guhagurukira rimwe bakamena urugi rw’aho yari ari bakamusakiza.

Umugambi bawucuriye kuri Instagram.

Abatashakaga Ambasaderi Tzipi muri kiriya kiganiro basakuzaga bati: “ Nta soni ufite?”

Umwe mu bigaragambyaga yaciye mu rihumye abashinzwe umutekano wa Ambasaderi Tzipi Hotovoly, ariko ntiyamugeraho kuko abashinzwe umutekano we bahise bamwinjiza mu modoka ye y’umutamenwa baramuhungisha.

Abashinzwe kumurinda bahise bamwihutana bamuvana aho

Ivatiri ya yatsimbuye ihita ikurikirwa n’indi y’abashinzwe kumurinda yo mu bwoko bwa Land Rover.

- Advertisement -
Imodoka y’abamurinda yahise imukurikira

Ikibazo kiri muri iriya Kaminuza ngo ni uko abanyeshuri bakomoka muri Palestine bahahejwe ari benshi.

Umwe muri bo yabwiye Televiziyo yo muri Iran ko niba badahawe umwanya mu burezi butangirwa muri London School of Economics, ririya shuri ritazatekana mu buryo burambye.

Undi munyeshuri we yavuze ko bitari bikwiye ko muri kiriya kiganiro hatumirwa Ambasaderi wa Israel kuko ngo Israel idaha agaciro Palestine.

Bagenzi babo banenze Leta ya Israel n’iy’u Bwongereza kuko ngo bemeye guha ijambo uriya mugore uhagarariye inyungu za Tel Aviv i London.

Ni ikiganiro yari yaratumiwemo

Tugarutse ku bari bateguye iriya myigaragambyo, kuri Instagram baranditse bati: “ Umuntu wese uzamena ikirahure cy’imodoka ya Ambasaderi wa Israel muri iki gihugu tuzamuha akantu.”

Ku rundi ruhande ariko abandi banyeshuri bagaye bagenzi babo bakoze biriya, bavuga ko kwibasira Ambasaderi wa Israel muri buriya buryo atari byo bizatuma ibibazo Abanya Palestine bafite bishira.

Umwe muri bo ni Reem Ibrahim w’imyaka 19 wiga imiyoborere muri iriya Kaminuza.

Kimwe mu byarakaje abanyeshuri batishimiye Israel ni uko Ambasaderi wayo yavuze ko ingabo za Israel zitajya na rimwe zibasira abasivili.

Tzipi yavuze ko ingabo z’igihugu cye zirasa gusa ibice ibitero bya Hamas biza biturutsemo.

Atararangiza interuro irimo ariya magambo, bamwe mu banyeshuri bahagurukiye hejuru batangira kumwamagana, nibwo abashinzwe kumurinda bamuvanaga hariya shishi itabona.

TAGGED:AmbasaderifeaturedIshuriIsraelKaminuzaPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abamotari B’i Nyagatare Bavuze Uko Binjiza Ibiyobyabwenge
Next Article Umuyobozi Wa BK Dr Diane Karusisi Yahawe Igihembo Cy’Indashyikirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?