Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Wa Israel Mu Bwongereza ‘Yibasiwe’ N’Urubyiruko Rwarakaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ambasaderi Wa Israel Mu Bwongereza ‘Yibasiwe’ N’Urubyiruko Rwarakaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2021 1:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yari arimo atanga ikiganiro muri imwe muri Kaminuza zo mu Bwongereza Ambasaderi wa Israel mu Bwongereza Madamu Tzipi Hotovoly yasohowe n’abashinzwe kumurinda nyuma y’uko urubyiruko rw’AbanyaPalestine rwasunitse urugi rushaka kumusumira.

Abashinzwe kumurinda bahise bamwinjiza mu ivatiri ye yo mu bwoko bwa Jaguar bamuvana aho ngaho.

Yari arimo atanga ikiganiro mu ishuri ryigisha iby’ubukungu ryitwa London School of Economics.

Aho yari ari Ambasaderi Tzipi yari yitwaje indabo mu biganza bye.

Ubwo yari arimo atanga kiriya kiganiro, abasore n’inkumi bakomoka muri Palestine batangije icyo bita Hashtag basaba bagenzi babo guhagurukira rimwe bakamena urugi rw’aho yari ari bakamusakiza.

Umugambi bawucuriye kuri Instagram.

Abatashakaga Ambasaderi Tzipi muri kiriya kiganiro basakuzaga bati: “ Nta soni ufite?”

Umwe mu bigaragambyaga yaciye mu rihumye abashinzwe umutekano wa Ambasaderi Tzipi Hotovoly, ariko ntiyamugeraho kuko abashinzwe umutekano we bahise bamwinjiza mu modoka ye y’umutamenwa baramuhungisha.

Abashinzwe kumurinda bahise bamwihutana bamuvana aho

Ivatiri ya yatsimbuye ihita ikurikirwa n’indi y’abashinzwe kumurinda yo mu bwoko bwa Land Rover.

Imodoka y’abamurinda yahise imukurikira

Ikibazo kiri muri iriya Kaminuza ngo ni uko abanyeshuri bakomoka muri Palestine bahahejwe ari benshi.

Umwe muri bo yabwiye Televiziyo yo muri Iran ko niba badahawe umwanya mu burezi butangirwa muri London School of Economics, ririya shuri ritazatekana mu buryo burambye.

Undi munyeshuri we yavuze ko bitari bikwiye ko muri kiriya kiganiro hatumirwa Ambasaderi wa Israel kuko ngo Israel idaha agaciro Palestine.

Bagenzi babo banenze Leta ya Israel n’iy’u Bwongereza kuko ngo bemeye guha ijambo uriya mugore uhagarariye inyungu za Tel Aviv i London.

Ni ikiganiro yari yaratumiwemo

Tugarutse ku bari bateguye iriya myigaragambyo, kuri Instagram baranditse bati: “ Umuntu wese uzamena ikirahure cy’imodoka ya Ambasaderi wa Israel muri iki gihugu tuzamuha akantu.”

Ku rundi ruhande ariko abandi banyeshuri bagaye bagenzi babo bakoze biriya, bavuga ko kwibasira Ambasaderi wa Israel muri buriya buryo atari byo bizatuma ibibazo Abanya Palestine bafite bishira.

Umwe muri bo ni Reem Ibrahim w’imyaka 19 wiga imiyoborere muri iriya Kaminuza.

Kimwe mu byarakaje abanyeshuri batishimiye Israel ni uko Ambasaderi wayo yavuze ko ingabo za Israel zitajya na rimwe zibasira abasivili.

Tzipi yavuze ko ingabo z’igihugu cye zirasa gusa ibice ibitero bya Hamas biza biturutsemo.

Atararangiza interuro irimo ariya magambo, bamwe mu banyeshuri bahagurukiye hejuru batangira kumwamagana, nibwo abashinzwe kumurinda bamuvanaga hariya shishi itabona.

TAGGED:AmbasaderifeaturedIshuriIsraelKaminuzaPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abamotari B’i Nyagatare Bavuze Uko Binjiza Ibiyobyabwenge
Next Article Umuyobozi Wa BK Dr Diane Karusisi Yahawe Igihembo Cy’Indashyikirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Umuyobozi Mu Ngabo Za Jamaica Yasuye RDF Ikorera Muri Iki Gihugu

Gukosoza Amakosa Mu Irangamimerere Biracyari Ikibazo Ku Irangamuntu Koranabuhanga

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu mahanga

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?