Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuganga Akurikiranweho Gutanga Ibyemezo Bihimbano Bya COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuganga Akurikiranweho Gutanga Ibyemezo Bihimbano Bya COVID-19

Last updated: 22 February 2022 10:57 am
Share
SHARE

Polisi yatangaje ko ku wa 20 Gashyantare, ku bufatanye n’izindi nzego yafatiye mu Karere ka Nyagare umukozi wo kwa muganga w’imyaka 35, akekwaho guha abantu ibyemezo by’uko batanduye COVID-19 kandi atabapimye.

Uyu mugabo ashinzwe gupima ibizamini mu kigo nderabuzima cya Matimba.

Polisi yatangaje ko akekwaho kugurisha ibisubizo bya COVID-19, aho yashutse abantu batatu ko yabapimye kandi ntacyo yakoze, akabaca amafaranga 5,000 Frw, nabo bagahita babimenyesha Polisi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yagize ati” Hari abantu batatu bari batashye ubukwe mu Murenge wa Matimba, kuko amabwiriza avuga ko umuntu ugiye gutaha ubukwe agomba kuba afite igisubizo cy’uko nta bwandu bwa Covid-19 afite.”

“Byatumye aba bantu bajya ku kigo nderabuzima cya Matimba ngo bipimishe Covid-19. uwari ushinzwe gupima ibizamini yahise abaha icyamgombwa kigaragaza ko ari bazima atabapimye, anabaca amafaranga ibihumbi bitanu.”

SP Twizeyimana yakomeje avuga ko bakimara guhabwa ibisubizo byanditse kandi batapimwe bahise bihutira gutanga aya makuru kuri Polisi, uyu mukozi ahita afatwa.

Yibukije abaturarwanda cyane cyane abakora mu nzego z’ubuzima nk’abaganga, ko kugurisha ibisubizo bya Covid-19 ari icyaha gihanwa n’amategeko kuko uba uhimbye inyandiko kandi uba unashyize ubuzima bw’abandi mukaga.

Yakomeje agira inama Abanyarwanda kujya bashishoza ku byangombwa bahabwa kugirango badahabwa ibyangombwa bihimbano, kandi bagatanga amakuru ku nzego zitandukanye.

Uyu mukozi yahise ashyikirizwa Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakorwe iperereza

Itegeko riteganya ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditseho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y’ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu ya 3.000.000 Frw ariko atarenga 5.000.000 Frw, cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:COVID-19featuredNyagatare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusesabagina Yasabiwe Gufungwa Burundu, Nsabimana ‘Sankara’ Azamurirwa Igihano
Next Article Jhonatan Restrepo Yegukanye Agace Ka Gatatu Ka Tour du Rwanda 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?