Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda Yashimangiye Ko u Rwanda Ari Inkoramutima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda Yashimangiye Ko u Rwanda Ari Inkoramutima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2022 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Ron Adam uhagaririye Israel mu Rwanda yashimangiye ko igihugu cye gifata u Rwanda nk’inkoramutima yacyo. Hari mu muhango wo kugabira inka bamwe mu baturage batishoboye bo mu Karere ka Burera.

Ambasaderi Ron Adam avuga ko guha inka abaturage b’u Rwanda biri mu rwego  rwo gufasha abaturage kugira ubuzima bwiza binyuze mu kubona intungamubiri ziva ku bikomoka ku matungo cyane cyane amata.

Mu mwaka wa 2016 nibwo Leta y’u Rwanda yatangije gahunda ya Girinka kugira ngo abaturage babone ibiribwa baha abana babo bakure neza bigabanye igwingira.

Mu rwego rwo kunganira iyi gahunda, Ambasade ya Israel mu Rwanda imaze igihe iha inka abo mu muryango itishoboye bo mu turere dutandukanye.

Kuri uyu wa Kane abagabiwe ni abo mu Karere ka Burera mu Ntara  y’Amajyaruguru.

Ambasaderi Ron Adam yavuze ko Israel ishima umuhati Leta y’u Rwanda ishyira mu gufasha abaturage bayo kwiteza imbere.

Muri uriya muhango yagize ati: “ Israel yishimira gukorana n’u Rwanda muri iyi gahunda ya Girinka. Burera ni Akarere ka kane tugabiye mo abaturage. Hano twatanze inka 20 kandi twizera tudashidikanya ko bizagirira akamaro abaturage.”

Today #Israel donated 20 cows to vulnerable families in @BureraDistrict, @RwandaNorth. This comes to support Girinka Program by @RwandaGov and will help beneficiaries to fight malnutrition, have their own milk and get manure among other benefits.@RwandaLocalGov@IsraelMFA
🇮🇱🤝🇷🇼 pic.twitter.com/LFqunpPR41

— Dr. Ron Adam (@AmbRonAdam) August 18, 2022

Ambasaderi Adam avuga ko guha abantu inka ari uburyo bwo kubafasha kuzamura urwego rw’imibereho yabo kuko akamaro k’inka kari mu ngeri nyinshi.

Akamaro k’inka si amata gusa kuko kava ku mata, kakagera ku nyama, amase atanga ifumbire, ndetse n’ibinono byazo biribwa mu isombe.

Ku byo kurya inka ariko siyo gahunda ya Leta y’u Rwanda.

Mu mezi ashize ubuyobozi mu Kigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, RAB,  bwatangaje ko Politiki u Rwanda rufite muri iki gihe ari iy’uko mu myaka micye iri imbere, ubworozi bw’ingurube n’inkoko ari bwo buzatezwa imbere kugira ngo aya matungo abe ari yo aribwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera witwa Marie Chantal Uwanyirigira yashimye Ambasade ya Israel ku nkunga yateye u Rwanda mu kuzamura imibereho y’abarutuye, by’umwihariko abo mu Karere ka Burera ashinzwe.

Kugeza ubu Israel imaze kugabira abaturage inka 80.

Ni abo mu Karere ka Nyamasheke, Gisagara, Rulindo na  Burera.

Abaturage 18,000 nibo bamaze kugabirwa inka muri gahunda ya Girinka.

TAGGED:AdamAmbasaderiBureraInkaIsraelRon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatunze iPhones, iPads Na MacBooks Bahawe Umuburo
Next Article Polisi Yafashe Imodoka Zikabakaba 1000
1 Comment
  • this post says:
    19 August 2022 at 11:32 pm

    Having read this I thought it was rather informative.
    I appreciate you spending some time and effort to put this short article
    together. I once again find myself personally spending a lot of
    time both reading and leaving comments. But so what, it was still worth it!

    Reply

Leave a Reply to this post Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?