Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Irashaka Imikoranire Ya Bugufi Mu Bucuruzi N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Imikoranire Ya Bugufi Mu Bucuruzi N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2025 7:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Massad Boulos mu kiganiro n'abanyamakuru muri Ambasade y'Amerika i Kigali.
SHARE

Massad Boulos usanzwe ari Umujyanama wa Perezida Donald Trump , yaraye aganiriye na Perezida Kagame bagaruka ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba no ku mikoranire mu iterambere.

Ibiro Village Urugwiro byatangaje ko abo bayobozi bagiranye ibiganiro ‘byiza’  byibanze ku mikoranire “igamije kugera ku mahoro arambye mu Karere k’Ibiyaga bigari na gahunda zo kongera ishoramari rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nzego z’ingenzi mu  bukungu mu Rwanda”.

Boulos yabwiye abanyamakuru mu kiganiro yabahereye kuri Ambasade ya Amerika i Kigali ko we na Perezida Kagame baganiriye ku mikoranire ya bugufi mu rugendo rw’amahoro n’umutekano n’ubufatanye hagati ya Kigali na Washington.

Yemeje ko ashingiye kubiganiro yari yagiranye na Perezida Ruto wa Kenya, Tshisekedi wa RDC na Museveni wa Uganda mbere y’uko ahura na Kagame, hari ubushake bwo kugira ngo amahoro aboneke.

Ati “Dushyigikiye umutekano n’ubusugire bw’ibihugu byose muri aka karere. Hari sosiyete nyinshi z’Abanyamerika zashoye imari mu Rwanda, Guverinoma y’u Rwanda ifite icyerekezo cyo kuba indashyikirwa  mu bukungu kandi ifite abaturage biteguye gushyigikira icyo cyerekezo.”

Yemeza ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda muri uwo mujyo ariko akemeza ko bizagerwaho ari uko Akarere u Rwanda ruherereyemo gatekanye mu buryo burambye.

Massad Boulos usanzwe ari Umujyanama wa Perezida Donald Trump , yaraye aganiriye na Perezida Kagame

Boulos avuga ko mu biganiro yagiranye na Perezida Kagame, yasanze ashyigikiye icyo cyerekezo cyo kugira ngo amahoro aboneke.

Ati “Turashaka kubona amahoro arambye mu Karere. Perezida Trump ni Perezida ushaka amahoro, ashyigikiye amahoro. Ni yo mpamvu turi hano, ni yo mpamvu ndi hano.”

Avuga ko Donald Trump ashaka ko amakimbirane arangira vuba kuko ngo abaturage bababaye bihagije kuko amakimbirane amaze imyaka irenga 30 muri aka Karere.

Massad Bolous avuga ko atazinduwe no kugira uwo ashyiraho igitutu ahubwo ko agamije kuganiriza buri wese urebwa na kiriya kibazo kugira ngo kibonerwe umuti urambye bityo amahoro n’iterambere biboneka mu Karere k’Ibiyaga bigari.

Indi wasoma:

Amerika Yijeje DRC Umutekano Nayo Ikayiha Amabuye

TAGGED:AmerikafeaturedIntambaraIshoramariKagameRwandaTrumpUbukunguUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwuka Mubi Hagati Ya Wazalendo N’Ingabo Z’u Burundi
Next Article Teta Sandra Uherutse Gupfobya Jenoside Yasabye Imbabazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?