Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Irashaka Imikoranire Ya Bugufi Mu Bucuruzi N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Imikoranire Ya Bugufi Mu Bucuruzi N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2025 7:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Massad Boulos mu kiganiro n'abanyamakuru muri Ambasade y'Amerika i Kigali.
SHARE

Massad Boulos usanzwe ari Umujyanama wa Perezida Donald Trump , yaraye aganiriye na Perezida Kagame bagaruka ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba no ku mikoranire mu iterambere.

Ibiro Village Urugwiro byatangaje ko abo bayobozi bagiranye ibiganiro ‘byiza’  byibanze ku mikoranire “igamije kugera ku mahoro arambye mu Karere k’Ibiyaga bigari na gahunda zo kongera ishoramari rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nzego z’ingenzi mu  bukungu mu Rwanda”.

Boulos yabwiye abanyamakuru mu kiganiro yabahereye kuri Ambasade ya Amerika i Kigali ko we na Perezida Kagame baganiriye ku mikoranire ya bugufi mu rugendo rw’amahoro n’umutekano n’ubufatanye hagati ya Kigali na Washington.

Yemeje ko ashingiye kubiganiro yari yagiranye na Perezida Ruto wa Kenya, Tshisekedi wa RDC na Museveni wa Uganda mbere y’uko ahura na Kagame, hari ubushake bwo kugira ngo amahoro aboneke.

Ati “Dushyigikiye umutekano n’ubusugire bw’ibihugu byose muri aka karere. Hari sosiyete nyinshi z’Abanyamerika zashoye imari mu Rwanda, Guverinoma y’u Rwanda ifite icyerekezo cyo kuba indashyikirwa  mu bukungu kandi ifite abaturage biteguye gushyigikira icyo cyerekezo.”

Yemeza ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda muri uwo mujyo ariko akemeza ko bizagerwaho ari uko Akarere u Rwanda ruherereyemo gatekanye mu buryo burambye.

Massad Boulos usanzwe ari Umujyanama wa Perezida Donald Trump , yaraye aganiriye na Perezida Kagame

Boulos avuga ko mu biganiro yagiranye na Perezida Kagame, yasanze ashyigikiye icyo cyerekezo cyo kugira ngo amahoro aboneke.

Ati “Turashaka kubona amahoro arambye mu Karere. Perezida Trump ni Perezida ushaka amahoro, ashyigikiye amahoro. Ni yo mpamvu turi hano, ni yo mpamvu ndi hano.”

Avuga ko Donald Trump ashaka ko amakimbirane arangira vuba kuko ngo abaturage bababaye bihagije kuko amakimbirane amaze imyaka irenga 30 muri aka Karere.

Massad Bolous avuga ko atazinduwe no kugira uwo ashyiraho igitutu ahubwo ko agamije kuganiriza buri wese urebwa na kiriya kibazo kugira ngo kibonerwe umuti urambye bityo amahoro n’iterambere biboneka mu Karere k’Ibiyaga bigari.

Indi wasoma:

Amerika Yijeje DRC Umutekano Nayo Ikayiha Amabuye

TAGGED:AmerikafeaturedIntambaraIshoramariKagameRwandaTrumpUbukunguUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwuka Mubi Hagati Ya Wazalendo N’Ingabo Z’u Burundi
Next Article Teta Sandra Uherutse Gupfobya Jenoside Yasabye Imbabazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?