Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yafatiye Ibihano Maj. Gen. Kandiho Ushinzwe Ubutasi Mu Ngabo Za Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yafatiye Ibihano Maj. Gen. Kandiho Ushinzwe Ubutasi Mu Ngabo Za Uganda

admin
Last updated: 07 December 2021 7:13 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Leta zunze Ubumwe za Amerika yafatiye ibihano bijyanye n’imari Major General Abel Kandiho ukuriye urwego rushinzwe ubutasi mu ngabo za Uganda (CMI), kubera uruhare ashinjwa mu kubangamira uburenganzira bwa muntu mu gihugu.

Ingabo za Uganda (UPDF) zasohoye itangazo ryahyizweho umukono n’umuvugizi wazo, Brig Gen Flavia Byekwaso, zemeza ko zamenyeshejwe ibijyanye n’ibyo bihano.

Riti “Nk’igihugu na UPDF by’umwihariko, urwego rwemewe rwa guverinoma, tubabajwe no kuba icyo cyemezo cyafashwe n’igihugu dufata nk’inshuti, umufatanyabikorwa n’igihugu dukorana bya hafi bitanyuze mu nzira zateganyijwe ndetse hirengagijwe ihame ryo kubanza kugirana ibiganiro bya ngombwa.”

Rivuga ko bazakomeza gusaba Amerika ibisobanuro ngo hemezwe intambwe ikurikira.

Ibihano bitangwa na Leta zunze Ubumwe za Amerika mu by’imari bikunze kubamo gufatira imitungo y’umuntu cyangwa inyungu z’amafaranga zishobora kuva muri Amerika, kubuzwa gukoresha uburyo bwo kwishyurana bwo muri icyo gihugu n’ibindi.

Abayobozi batandukanye bo muri Amerika bamaze igihe basaba Guverinoma yabo gufatira ibihano bamwe mu bayobozi bo muri Leta ya Yoweri Museveni.

Harimo nk’umudepite Eliot L. Engel, mu mwaka ushize wanditse avuga ko hashize igihe ubutegetsi bwa Museveni bugenda burushaho kuba igitugu, ku buryo butacyubaha uburenganzira bw’abaturage.

Yatanze ingero ku buryo mu Ugushyingo 2016 inzego z’umutekano zishe abasivili bagera mu 100 mu gace ka Kasese, muri Nzeri 2017 ingabo zinjira mu nteko ishinga amategeko mu mpaka zagarukaga ku guhindura imyaka perezida atagomba kuba arengeje, ingingo yari irimo guhindurwa mu nyungu za Perezida Museveni.

Muri ako kavuyo ngo hakomerekeyemo umudepite Betty Nambooze ku buryo yabirwaye igihe kirekire.

Yanavuze uburyo inzego z’umutekano zajujubije Robert Kyagulanyi n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo depite Francis Zaake n’abandi.

Yasabye Minisiteri z’Imari n’ububanyi n’amahanga gushingira ku itegeko rizwi nka Global Magnitsky Human Rights Accountability Act (Global Magnitsky Act), hakemezwa abantu bari inyuma y’ubugizi bwa nabi muri Uganda bagafatirwa ibihano.

Yavuzemo Lt. Gen. Peter Elwelu wayoboraga Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen. James Birungi wayoboraga umutwe udasanzwe w’ingabo, Maj. Gen. Don William Nabasa, Maj. Gen. Abel Kandiho; Maj. Gen. Steven Sabiiti Muzeyi nk’umuyobozi wungirije wa Polisi; Komiseri wa Polisi Frank Mwesigwa na Col. Chris Serunjogi Ddamulira ushinzwe iperereza ku byaha.

Ibyo bikiyongeraho imvururu zahitanye abaturage benshi b’inzirakarengane, zakurikiye amatora ya perezida aheruka.

Inzego z’umutekano zishinjwa ko zahonyoye bikomeye uburenganzira bwa muntu, by’umwihariko ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Kandiho agiye ku rutonde ruriho Gen Kale Kayihura na we wafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abasenateri bagize komisiyo y’ububanyi n’amahanga muri Amerika baherukaga guha Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Anthony Blinken, kugeza ku wa 31 Werurwe ngo abe yabagejejeho isesengura ku mubano wa Amerika na Uganda.

Ba senateri James Risch (Idaho) na Cory Booker (Washington) bamwandikiye ku wa 4 Werurwe bamumenyesha ko nubwo bakomeje kubigarukaho inshuro nyinshi, ibijyanye na demokarasi n’uburenganzira bwa muntu muri Uganda bitigeze bihinduka.

TAGGED:Abel KandihofeaturedibihanoLeta zunze Ubumwe za AmerikaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rayon Sports Yahagaritse Umutoza Masudi Djuma
Next Article Abana Babwiwe Ko Hari Ibidakinishwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?