Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yatangiye Kwihorera Ku Bishe Abasirikare Bayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yatangiye Kwihorera Ku Bishe Abasirikare Bayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2024 9:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indege z’intambara za Amerika, ku bufatanye n’ingabo zo mu kirere z’Ubwongereza, zagabye ibitero muri Yemen ku birindiro by’abarwanyi b’aba Houthis.

Byagabwe ku birindiro 36 by’aba barwanyi biri muri Yemen ariko hari n’ibindi byarashwe biri muri Iraq.

Abagaba b’ingabo ku mpande zombi bavuga ko ibyo bitero bigamije guca intege aba Houthis bamaze iminsi barabujije abantu amahwemo binyuze mu bitero bagaba ku bwato buca mu Nyanja itukura no  ku bindi bagaba ahari inyungu z’Amerika n’iz’Abongereza.

Umunyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe ingabo witwa Shapps avuga ko ibitero igihugu cye cyafatanyije n’Amerika kugaba bitagamije gutuma ibintu mu Burasirazuba bwo Hagati bizamba, ahubwo ko bigamije kwibasira aba Houthis bonyine.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “ Ibitero aba bantu bagaba ku bwato buca mu Nyanja itukura ntibikwiye kandi ntitwabyihanganira. Tugomba kubabuza kwibasira abandi kandi tugatuma muri iriya Nyanja haba nyabagendwa.”

Shapps avuga ko Ubwongereza buri gukorana n’Amerika n’izindi nshuti zabo kugira ngo ibintu byongere bisubire mu buryo, akizeza isi ko ibitero bagabye ku ba Houthis byabashegeshe ndetse ko biri butuma bacisha make.

Yatangaje ko mbere y’uko bigabwa, yabanje kuganira n’abasirikare b’igihugu cye, bamwereka ko biteguye bityo akaba abashimira umuhati bakoranye bategura kandi bashyira mu bikorwa kiriya gitero.

Mugenzi we ushinzwe ingabo z’Amerika witwa Llyod Austin nawe yavuze ko igitero baraye bagabye ku ba Houthis cyahaye Iran ubutumwa bw’ibishobora kuzakurikiraho.

Austin avuga ko ibisasu by’ingabo z’igihugu cye n’iz’Ubwongereza byasenye ububiko bw’aho aba Houthis babika imbunda, bisenya ahari hateretse ibyuma by’ikoranabuhanga bihanura ibisasu na za radars zabo.

- Advertisement -

Mu gihe ibi bivugwa, ku rundi ruhande, amakuru yo muri Minisiteri y’ingabo z’Ubwongereza avuga ko ubwato bwazo bugwaho indege z’intambara bwapfuye.

Ni ubwato bitiriwe umwamikazi Elizabeth bukaba bufite agaciro ka miliyari £3.5.

Ikibazo bwagize ngo kizafata amezi menshi bari kugikemura.

Bwagize iki kibazo mu gihe bwiteguraga koherezwa mu Nyanja itukura. Ni ubwato bupima toni 65,000.

Habura gato ngo buve aho busanzwe buba hitwa Portsmouth muri Hampshire, ababutwara babanje kubusuzuma babusangana ikibazo biba ngombwa ko buba buretse kuva aho buri.

Ubu bwato bwari bufite gahunda yo gusanga ubundi bw’Abanyamerika buri muri iriya Nyanja kugira ngo bwombi bujye bugwaho indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35 zibone uko zinywa amavuta zivuye ku rugamba.

TAGGED:Aba HouthisAmerikaBwongerezafeaturedIndegeIntambaraInyanjaItukuraUbwato
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yapfiriye Muri Bisi Muri Uganda
Next Article M23 Yahaye Gasopo Ingabo Za Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Intego Y’u Rwanda Ku Byerekeye Umukamo Mu Myaka Ine

Israel Irakoresha Ibifaro Bitarimo Ingabo Mu Ntambara Na Hamas

Ingabo Z’u Rwanda Mu Bufatanye N’Iza Misiri

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Miliyari $1 Yashowe Mu Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?