Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yemereye Israel Ngo Itere Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yemereye Israel Ngo Itere Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2023 12:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Amerika Joe Biden yaraye aganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu bemeranya Israel igomba gutera Hamas iyisanze muri Gaza. Ni icyemezo cyari kitezwe na benshi kubera ko ubutegetsi bw’i Yeruzalemu bwari bwararangije gukusanya ibikenewe byose ngo intambara kuri Hamas itangire.

Biden yamaze amasaha arindwi n’igice aganira n’abayobozi ba Israel.

Ikinyamakuru kitwa Times of London kivuga ko Amerika yabwiye Israel ko iyiri inyuma, kandi ngo igihe cyose izabona ko gikwiye ngo itere Hamas izabikore ntacyo yikanga.

Ibi ni ibivugwa na Time of London ariko mu Biro bya Perezida w’Amerika ntacyo barabitangazaho mu buryo bweruye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku rundi ruhande, umugabo witwa Benny Gantz wigeze kuba umugaba mukuru w’ingabo za Israel, ubu akaba ari mu batavuga rumwe na Leta, avuga ko ashyigikiye intambara kuri Hamas ariko ngo izaba intambara izamara igihe kirekire kandi igoye.

Ikindi Biden yasabye Israel ni uko igomba gufungura inzira abagiraneza bacishamo imfashanyo igenewe abaturage ba Palestine na Gaza bahunze.

Ni imfashanyo igomba kuva mu Misiri.

Akiri mu ndege ye (Air Force One), Perezida Biden yahise ahamagara Perezida wa Misiri witwa Abdel Fattah el-Sisi amubaza niba yiteguye neza mu rwego rwo kugeza imfashanyo kuri bariya baturage, undi amusubiza ko ibintu byose biri mu buryo.

Perezida w’Amerika yabwiye abanyamakuru bamuherekeje mu rugendo arimo ko  Perezida Sisi akwiye gushimirwa kiriya gikorwa.

- Advertisement -

Kugeza ubu hari amakamyo 20 arimo ibiribwa yiteguye kuva mu Misiri agana muri Gaza gutabara abahahungiye.

Biteganyijwe ko amakamyo ya mbere azatangira kujya muri Gaza kuri uyu wa Gatanu kandi imitangirwe y’iriya nkunga izakurikiranwa n’abakozi b’Umuryango w’Abibumbye.

Icyakora yavuze ko nihagira abarwanyi ba Hamas bafitira iriya nkunga, icyo gihe izahita ihagarikwa.

Andi makuru yavugiwe mu gikari ubwo Biden yaganiraga n’abayobozi ba Israel, avuga ko yababajije icyo bateganya kuzakorera Gaza nibarangiza kuyirukanamo Hamas bamusubiza ko ibyo batarabitekerezaho.

Ikinyamakuru kitwa Axios kivuga ko abayobozi ba Israel bahugiye ku bitero kuri Hamas kurusha ibindi byose.

Biden ariko yababuriye kwirinda gutwarwa n’amarangamutima, ngo umujinya ubahume amaso bibe byatuma bahubuka.

Ngo yababwiye ko bakwiye kwirinda amakosa asa n’ayo Leta zunze ubumwe z’Amerika zakoze ubwo umujinya watumaga zitera Iraq mu mwaka wa 2003.

Ku byerekeye umugambi Israel ifitiye Gaza, amakuru avuga ko intambara nirangira Hamas izaba itakibaho kandi ngo n’ubuso bwa Gaza buzagabanuka.

Minisitiri w’ingabo za Israel witwa Yoav Gallant avuga ko intambara bagiye kurwana izaba ndende ku buryo Israel izakenera ubufasha bw’Amerika kandi mu gihe kirekire.

Ku ruhande rw’Amerika, hari ikindi kibazo kiyihangayikishije.

Ni uruhare Hezbollah izagira muri iyi ntambara kuko bigaragara ko izatabara Hamas.

Hezbollah isanzwe ikorera muri Lebanon, ikaba iterwa inkunga na Iran.

Bivugwa ko hari abayobozi muri Guverinoma ya Biden bamaze iminsi baganira n’aba Hezbollah babacubya ngo batazivanga muri iyi ntambara.

Icyakora mu minsi yashize uyu mutwe wavuze ko utazatererana Hamas.

Mu gihe ububanyi n’amahanga buri gukora akazi kabwo, ku rundi ruhande, muri Minisiteri y’ingabo z’Amerika bari kwiga uburyo bw’intambara bazakoresha igihe cyose Hezbollah yazaba ihisemo kwinjira mu ntambara ku ruhande rwa Hamas.

TAGGED:AmerikaBidenfeaturedHamasIngaboIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayobozi Mu Z’Ibanze ‘Ntibazi’ Gutanga Raporo Ku Byaha
Next Article Kicukiro: Yafashwe Asenya Imva Mu Irimbi Rya Busanza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?