Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yikomye M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yikomye M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2025 7:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’agateganyo wa Amerika mu Muryango w’Abibumbye Dorothy Shea yabwiye Akanama ka UN gashinzwe amahoro ku isi ko M23 imaze amezi abiri yarabujije MONUSCO kugera ku bakeneye ubufasha, ibintu Amerika isaba ko bigomba guhinduka.

Umutwe M23 umaze amezi hafi atandatu warafashe Goma, abenshi mu bayituye bakavuga abawuyobora babategetse neza.

Yahafashe imaze kwirukana abasirikare ba DRC, bajyana n’abacanshuro bari biganjemo abo muri Roumania bari barahawe ikiraka na Kinshasa ngo ibafashe kwirukana M23 ariko ibabera ibamba.

Mu mirwano icyo gihe yabereye i Goma kandi yahitanye abasirikare ba Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania bari bagize SADC batari bacye.

Ibyakurikiyeho nyuma byatumye M23 ishinga ibirindiro muri Goma ndetse iragura ifata na Bukavu.

Ku byerekeye ibyo Shea uhagarariye Amerika muri UN yavuze, harimo ko umuhati u Rwanda na DRC bashyizeho ngo amahoro agaruke ari uwo gushimwa kandi utanga icyizere cy’amahoro arambye.

Ikigoye, nk’uko bigaragara ku rubuga rw’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, ni uko hakiri imitwe yitwaje intwaro ikiri muri kariya gace ikibangamira ishyirwa mu bikorwa by’ayo masezerano, akavuga ko iyo mitwe ituma na MONUSCO idakora neza inshingano zayo.

Muri yo harimo na M23, ashinja no kubuza ubuyobozi bwa MONUSCO gusimburanya ingabo zayo.

Ndetse ngo ni ngombwa ko izi ngabo zihabwa uburyo bwatuma zigira uruhare rufatika mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yaraye asinywe hagati ya Kigali na Kinshasa.

Abayobozi b’uyu mutwe, ku ruhande rwabo, bahangayikishijwe n’ibiganiro bari kugirana na Leta ya DRC biri kubera i Doha muri Qatar.

Imigendekere yabyo itandukanye n’iy’ibyabaye hagati ya Kigali na Kinshasa biyobowe na Amerika.

TAGGED:AmbasaderiAmerikaCongofeaturedIntambaraM23MONUSCO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora Abanyamategeko ‘Muri Afurika’
Next Article DRC: Uko Bakiriye Ibiri Mu Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?