Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yohereje Indege Z’Intambara Mu Kirere Cyegereye Uburusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yohereje Indege Z’Intambara Mu Kirere Cyegereye Uburusiya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2023 8:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo z’Amerika bwahaye uburenganzira indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-22 ngo zigurukire mu kirere gituranye n’Uburusiya mu rwego rwo kububuza gukomeza kukivogera.

Umuyobozi mukuru mu ngabo z’Amerika witwa Gen Michael “Erik” Kurilla yavuze ko Amerika yasanze itakomeza kurebera imyitwarire y’Uburusiya kuko igaragaza kudashyira mu gaciro no kwanduranya.

Gen Kurilla avuga ko ibyo Moscow ikora ari ibintu biteje akaga, bishobora gutuma intambara ivuka iturutse ku mibare mike yakozwe n’Uburusiya.

Uyu musirikare mukuru avuga ko Amerika n’abafatanyabikorwa bayo bashaka amahoro kandi bazaharanira ko atsimbatara, ariko ko hari umurongo uba utagomba kurengwa.

Indege zo mu bwoko bwa F-22 ziri mu zikomeye Amerika ifite kugeza ubu.

Iyo zitari mu kazim, inyinshi ziba ziparitse mu kigo cy’ingabo z’Amerika  zirwanira mu kirere kiri i Langley muri Leta ya Virginia .

Umugaba w’ingabo zirwanira mu kirere zikorera mu Burayi witwa Lt. Gen. Alex Grynkewich yavuze ko indege zoherejwe mu kirere cy’Uburusiya ari zimwe mu zisanzwe ziba mu Burayi; ahari ibirindiro by’ingabo z’Amerika.

CNN ivuga ko indege z’Uburusiya zimaze igihe zivogera ikirere kitari icyazo, cyane cyane igikikije Syria.

Aha ngo niho zikunze gusatira iz’Abanyamerika.

Si muri Syria gusa kuko indege z’Abarusiya zitembera no mu kirere cy’ibihugu byinshi bigize Uburasirazuba bwo Hagati.

Abanyamerika bavuga ko imyitwarire y’abatwara indege z’intambara z’Uburusiya iteje akaga kubera ko ibuza Amerika n’abafatanyabikorwa bayo gukomeza gucungira hafi abarwanyi ba Al Qaeda bakorera muri kiriya gice bihaye izina rya Da’esh.

TAGGED:AmerikaBurayifeaturedIkirereIndegeIntambaraUburusiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Equity Bank Yaguze 90% Bya Cogebanque
Next Article Nyanza: Umwana Yamize Agapfundikizo K’Ikaramu Karamwica
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ku Manywa Y’Ihangu Bibye Inzu Ndangamurage Ya Mbere Ikomeye Ku Isi

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUbuzima

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?