Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: AS Kigali Yakuye APR FC Amata Mu Kanwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

AS Kigali Yakuye APR FC Amata Mu Kanwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2024 8:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

APR FC yaraye itakaje amahirwe yo kurara itwaye igikombe cya 22 cya Shampiyona nyuma yo kunganya na AS Kigali 2-2. Hari ku mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 26.

Wagombaga kuba warakinwe taliki 5, Mata, 2024 urasubikwa kubera urupfu rw’uwari umutoza wongereraga imbaraga abakinnyi ba APR FC witwaga Dr Adel Zrane.

Yapfuye  taliki 2, Mata, 2024.

Mbere y’umukino waraye ubaye habanje gufatwa umunota wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

APR FC yagiye kuwukina mu mutima wayo ifite gahunda yo gutsinda ibitego uko byari bube bingana kose, igahita itwara igikombe.

Icyakora siko byagenze kuko AS Kigali yayibereye ibamba binganya 2-2.

Ndetse bigitangira, ni ukuvuga ku munota wa 14, Fiston Ishimwe wa AS Kigali yahise ayitsindira igitego cya mbere.

Hari  ku mupira yari ahawe neza biza gutuma aroba umunyezamu wa APR FC undi kuwukuramo biramunanira.

Ibyishimo by’iyi kipe ntabwo byamaze igihe kuko mu kaduruvayo kenshi kabereye imbere y’izamu rya AS Kigali ku munota wa 14 biza gutuma  Kwitonda Alain Bacca yishyurira APR FC igitego igice cya mbere kirangira amakipe anganya 1-1.

Mu gice cya kabiri amakipe yose yakomeje gushaka igitego cyatuma ihiga indi.

Ku munota wa 62 APR FC Victor Mbaoma yayitsindiye igitego cya kabiri, ihita yongeramo Shaiboub Eldin, Niyomugabo Claude, Niyibizi Ramadhan mu bihe bitandukanye, iranugarira ngo irebe ko yakwegukana igikombe.

Rucogoza  wa AS Kigali yaje kubona ikarita itukura, ikipe iza gukora impinduka ishyiramo Benedata Janvier

Uyu musore ku munota wa gatatu muri itanu yongereweho yarebye uko umunyezamu Pavelh Ndzila wa APR FC ahagaze amutera ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina riruhukira mu izamu rivamo igitego cya kabiri, umukino urangira utyo, APR ihomba ityo!

TAGGED:APRASImikinoKigaliUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe
Next Article Amafoto Yaranze RDF Ihabwa Ipeti Na Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imikoranire Y’u Rwanda Na Arsenal Kuri Visit Rwanda Igiye Kugera Ku Ndunduro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Uhagarariye u Rwanda Muri Singapore Yahaye Perezida Wayo Impapuro Zibimwemerera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?