Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avril Danica Haines: Umugore wa mbere uyoboye ubutasi bwa USA iyobowe na Biden
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Avril Danica Haines: Umugore wa mbere uyoboye ubutasi bwa USA iyobowe na Biden

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2021 10:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Avril Danica Haines
SHARE

Taliki 23, Ugushyingo, 2020 nibwo Joe Biden watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’America, yashyizeho Avril Danica Haines ngo ayobore ikigo gishinzwe ubutasi imbere muri USA. Ni ubwa mbere mu mateka ya USA iki kigo kitwa National Intelligence kiyobowe n’umugore.

Avril Danica Haines

Avril Danica Haines yavutse muri Kanama, 1969. Ni umunyamategeko w’umwuga akaba azi n’umukino njyarugamba witwa JUDO yigiye mu Buyapani mu ishuri rikomeye ryitwa Kodokan.

Yize kandi ubugenge muri Kaminuza ya Chicago ndetse aza no kuba umukanishi mu kigo kitwa Hyde Park.

Mu gihe cy’ubutegetsi bwa Obama Avril Haines yakoranye cyane na Susan Rice wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga ku butegetsi bwa George W Bush.

Bombi bigeze kwakirwa na Obama mu biro bye kugira ngo baganire ku gitero USA yateganyaga kuzagaba kigamije kwica Oussama Bin Laden.

Avril Haines yabaye kandi umuyobozi wungirije muri CIA ndetse n’umuyobozi wungirije w’umujyanama mu by’umutekano.

Abandi Perezida watowe Joe Biden yashyizeho harimo abashinzwe  ububanyi n’amahanga.

Hari kandi Alejandro Mayorkas ubaye umuntu wa mbere ukomoka muri America y’Amajyepfo (Latino/akomoka muri Cuba) wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, ibyo bita Homeland Security.

Hari n’umwiraburakazi Linda Thomas-Greenfield wagizwe Uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye (UN/United Nations).

John Kerry wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta mu biro by’Umukuru w’Igihugu ku bwa Perezida Barack Obama, yagizwe uzaba ayoboye itsinda ryihariye rishinzwe ibijyanye n’imihindagurikire y’ikirere uzaba anakorana na Senateri Bernie Sanders wigeze gushaka kwiyamamariza kuyobora USA inshuro ebyiri ariko ntibimuhire.

Aha yari arimo aganira na Barack Obama

Taarifa Rwanda

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda rugiye gukoresha imbwa mu gupima COVID-19
Next Article Nyabihu: Yafatanywe udupfunyika 10 000 tw’urumogi yaduhishe mu makara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?