Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avril Danica Haines: Umugore wa mbere uyoboye ubutasi bwa USA iyobowe na Biden
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Avril Danica Haines: Umugore wa mbere uyoboye ubutasi bwa USA iyobowe na Biden

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2021 10:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Avril Danica Haines
SHARE

Taliki 23, Ugushyingo, 2020 nibwo Joe Biden watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’America, yashyizeho Avril Danica Haines ngo ayobore ikigo gishinzwe ubutasi imbere muri USA. Ni ubwa mbere mu mateka ya USA iki kigo kitwa National Intelligence kiyobowe n’umugore.

Avril Danica Haines

Avril Danica Haines yavutse muri Kanama, 1969. Ni umunyamategeko w’umwuga akaba azi n’umukino njyarugamba witwa JUDO yigiye mu Buyapani mu ishuri rikomeye ryitwa Kodokan.

Yize kandi ubugenge muri Kaminuza ya Chicago ndetse aza no kuba umukanishi mu kigo kitwa Hyde Park.

Mu gihe cy’ubutegetsi bwa Obama Avril Haines yakoranye cyane na Susan Rice wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga ku butegetsi bwa George W Bush.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bombi bigeze kwakirwa na Obama mu biro bye kugira ngo baganire ku gitero USA yateganyaga kuzagaba kigamije kwica Oussama Bin Laden.

Avril Haines yabaye kandi umuyobozi wungirije muri CIA ndetse n’umuyobozi wungirije w’umujyanama mu by’umutekano.

Abandi Perezida watowe Joe Biden yashyizeho harimo abashinzwe  ububanyi n’amahanga.

Hari kandi Alejandro Mayorkas ubaye umuntu wa mbere ukomoka muri America y’Amajyepfo (Latino/akomoka muri Cuba) wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, ibyo bita Homeland Security.

Hari n’umwiraburakazi Linda Thomas-Greenfield wagizwe Uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye (UN/United Nations).

- Advertisement -

John Kerry wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta mu biro by’Umukuru w’Igihugu ku bwa Perezida Barack Obama, yagizwe uzaba ayoboye itsinda ryihariye rishinzwe ibijyanye n’imihindagurikire y’ikirere uzaba anakorana na Senateri Bernie Sanders wigeze gushaka kwiyamamariza kuyobora USA inshuro ebyiri ariko ntibimuhire.

Aha yari arimo aganira na Barack Obama

Taarifa Rwanda

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda rugiye gukoresha imbwa mu gupima COVID-19
Next Article Nyabihu: Yafatanywe udupfunyika 10 000 tw’urumogi yaduhishe mu makara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?