Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINICOM Yaburiye Abanyarwanda Ku Kigo CHY Gikora Ubucuruzi Bw’Uruhererekane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

MINICOM Yaburiye Abanyarwanda Ku Kigo CHY Gikora Ubucuruzi Bw’Uruhererekane

Last updated: 19 March 2021 5:36 am
Share
SHARE

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yasabye Abanyarwanda kwirinda gukorana n’ikigo CENTURY HENG YUE (CHY), cyiyandikishije mu Rwanda nk’ikigo gikora ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga ariko kigatangira gukora ubucuruzi bw’uruhererekane buzwi nka’pyramide’.

Ubwo bucuruzi umuntu asabwa gutanga amafaranga aba yitwa ko ari ayo kugura iduka mu Bushinwa mu cyitwa CHY MALL, umuntu akajya ahabwa inyungu ku mafaranga yatanze hagati y’iminsi 10-12.

Iyo yinjije undi muntu muri ubwo bucuruzi na we agatangamo amafaranga, ahabwa inyungu ari nabyo bituma butangira kuba ubuzuruzi bw’uruhererekane.

Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane, MINICOM yavuze ko ikigo CENTURY HENG YUE (CHY) gikomeje gukora ibyo kitaherewe uburenganzira.

Iti “MINICOM iramenyesha abantu bose ko sosiyete y’ubucuruzi yitwa CENTURY HENG YUE (CHY), ubusanzwe yanditswe muri RDB ko igomba gukora ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga (e-commerce), yabirenzeho ahubwo igatangiza ubundi bucuruzi butemewe buzwi ku izina rya piramide, aho basaba abantu amafaranga babizeza inyungu yizewe kandi yihuse.”

“Bityo, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda iraburira abantu bose kwirinda kugira imikoranire y’ubucuruzi bwa piramide hamwe n’iyi sosiyete.”

Ni icyemezo byatangajwe ko cyafashwe hashingiwe ku igenzura MINICOM yakoze ifatanyije n’izindi nzego zirimo Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo, Banki Nkuru y’u Rwanda, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) n’Urwego rw’Abikorerera (PSF).

TAGGED:CENTURY HENG YUE (CHY)featuredMINICOM
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article The Rise Fund Yaguze Imigabane Ya Miliyoni $200 Mu Bucuruzi Bwa Airtel Money
Next Article Shampiyona Zo Mu Cyiciro Cya Mbere Zakomorewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Mu Rwanda

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?