Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avugwaho Gutanga Ruswa Ya Frw 50 000 Ngo Asubizwe Moto Ifite Amande Ya Frw 635 000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Avugwaho Gutanga Ruswa Ya Frw 50 000 Ngo Asubizwe Moto Ifite Amande Ya Frw 635 000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2021 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Kamonyi haherutse gufatirwa abagabo babiri nyuma y’ukop ngpo bahaye umupolisi ishinzwe umutekano  mu muhanda ruswa ya Frw 50 000 ngo abasubize Moto yabo. Iyi moto yari imaze amezi abiri ifashwe basuzumye basanga nyirayo arimo amande ya Frw 635 Frw.

Umwe mu bafashwe ni umusekirita ukorera mu Mujyi wa Kigali.

Nyiri moto yabonye amaze gufatwa aramutekerereza, asa n’umugisha inama undi abyumvise amubwira ko hari umupolisi baziranye, ko yazamumugezaho bakamuha ‘akantu’.

Yamubwiye gushaka amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 bakabimugiramo ikarekurwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police(SP) Theobald Kanamugire avuga ko guhera tariki ya 3 Kanama, 2021 saa saba z’amanywa ari bwo nyiri iriya moto yatangiye guhamagara umupolisi wari wafashe moto amubwira ko hari amafaranga ashaka kumuha akabarekurira moto yafashe.

Uwo mupolisi yaramwemereye, basezerana aho baza guhurira akayamuha.

Ku rundi ruhande, ariko uyu mupolisi yari yateguye uburyo baza gufatirwa mu cyuho bazanye ayo mafaranga.

SP Kanamugire ati: “Umupolisi yakomeje kuvugana n’uriya nyiri moto bavugana aho amusanga mu Karere ka Kamonyi. Habanje kuza wa musekirite azanye ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50 kuko ngo yari yabwiye Nzanana ko atabona ibihumbi 100 kuko nawe yari yamuhaye  ibihumbi 30 kugira ngo amuteretere umupolisi.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yavuze uriya mugabo yafatiwe mu cyuho arimo gutanga iyo ruswa, akaba yarafashwe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uwo munsi.

Amaze gufatwa hahise haza na nyirimoto nawe ahita afatwa.

Yibukije abantu bagifite imyumvire yo kumva ko bazajya baha ruswa abapolisi kubireka kuko ruswa ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi Polisi y’u Rwanda ikaba iri mu nzego zishinzwe kurwanya ruswa.

Ngo uzajya agerageza guha ruswa umupolisi azajya ahita amwifatira ako kanya.

Abafashwe baremera icyaha bakanagisabira imbabazi, bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Runda kugira bakorerwe idosiye.

TAGGED:featuredKamonyiMotoPolisiRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyapolitiki Utavuga Rumwe na Leta Ya Tanzania Yagejejwe Imbere Y’Urukiko
Next Article Eddy Kenzo Yakoze Impanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?