Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bafatiwe I Ngoma Bafite Frw 678,000 Y’Amakorano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bafatiwe I Ngoma Bafite Frw 678,000 Y’Amakorano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2021 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku wa Kabiri nibwo Polisi y’u Rwanda yafatiye mu Murenge wa Mutenderi abagabo babiri bafite Frw 678 000 Polisi ivuga ko yasuzumye isanga ari amakorano. Umwe muri

Bafatiwe mu Karere ka Ngoma, Umurenge wa Mutenderi, Akagari ka Mutenderi, Umudugudu wa Torero.

Chief Inspector of Police ( CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko amakuru Polisi yahawe n’abaturage ari yo yayifashije mu kugenza bariya bantu kugeza bafashwe.

Nyuma yo kwishyura umucuruzi Frw 50 000 nibwo abaturage bagenzuye basanga ariya mafaranga ari amiganano.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba Yagize ati: “ Uko ari babiri bagiye ku mukozi wa kimwe mu bigo bitanga serivisi zo kubitsa, kubikuza no kohereza amafaranga kuri telefoni. Umwe muri bo yamusabye kumushyirira amafaranga kuri konti ye ya telefoni, amubikiraho  amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50. Mu gihe yarimo kubara ayo mafaranga bari bamuhaye (inoti z’ibihumbi bibiri) yumva ni nk’ibipapuro agira amakenga arashishoza.”

CIP Hamdun Twizeyimana

CIP Twizeyimana avuga ko uwo mucuruzi nyuma yo gushishoza yahise abona ko ayo mafaranga ari amiganano ahita atabaza abantu baratabara.

Abaturage bahise bakurikira ba bantu barabafata bahita bahamagara Polisi.

Ngo abaturage bamaze gufata bariya bantu bahamagara Polisi ihageze irasuzuma isanga bariya bantu bafite igikapu kirimo inoti  nshya 38  z’ibihumbi bitanu,  (190,000FRW), harimo inoti nshya  219 z’ibihumbi bibiri(438,000FRW) ukongeraho bya bihumbi 50 bari bahaye umukozi w’isosiyete y’itumanaho

Bamaze gufatwa, bavuze ko ariya mafaranga bayahawe n’umuntu wo mu Mujyi wa Kigali bari bamaze kugurishaho amabuye y’agaciro.

Gusa Polisi yarasuzumye isanga nta byangombwa bafite bigaragaza ko bacuruza amabuye y’agaciro nta n’ikimenyetso kigaragaza ko bayagurishije koko.

Bafatiwe i Mutenderi

CIP Hamdun Twizeyimana     yashimye  abaturage bagize uruhare mu gutuma bariya bantu bafatwa ariko anabakangurira kuba maso bakirinda umuntu wese wabashuka, kandi bakajya bihutira gutanga amakuru.

Bariya bantu bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ikorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kibungo kugira ngo hakorwe iperere.

Ikindi ni uko umwe muri bariya bantu yari asanzwe ashakishwa n’inzego z’umutekano acyekwaho icyaha cy’ubwambuzi bushukana.

Bivugwa ko undi bafatanywe inkiko zari ziherutse kumukatira igifungo cy’imyaka ibiri kubera ubucuruzi bwa magendu, umwaka umwe yarawufunzwe undi urasubikwa.

TAGGED:AmafarangafeaturedNgomaPolisiUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Agahinda Ko Kurerwa N’Umubyeyi Ufite Uburwayi Bwo Mu Mutwe BUKOMEYE
Next Article Kuba Gusura Pariki Y’Ibirunga Bihenze Bifite Akamaro-Umushakashatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?