Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BAL Igarutse Muri Kigali Arena
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

BAL Igarutse Muri Kigali Arena

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2022 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 28, Mata, 2022 muri Kigali Arena hazatangira imikino ya nyuma y’irushanwa ry’imikino ya Basketball. Abategura iyi mikino baraye bakoze inama hifashishijwe ikoranabuhanga basanga imyiteguro imeze.

Ni Inama yanitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri Hon Albert Kalisa hamwe na Amadou Gallo Fall uyobora iri rushanwa ku rwego rw’Afurika ndetse n’abayobozi bari bahagarariye Ikigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri Albert Kalisa yavuze ko guhuza siporo n’ubukerarugendo ari imwe mu nkingi zizamura ubukerarugendo kandi byombi bikagirira igihugu akamaro mu ngeri zitandukanye.

.@amadougallofall, president of the @theBAL, said: “As we set to return to the world-class @kigaliarenarw to play our second BAL final, teaming up with RDB and #VisitRwanda reflects our belief that sport, and basketball, can be an economic growth engine for the continent." pic.twitter.com/cqaVIwQYm9

— Rwanda Development Board (@RDBrwanda) April 20, 2022

Ati: “ Siporo n’ubukerarugendo ni ingenzi mu mu buzima bw’Abanyarwanda kandi mu ngeri zose. Dufite inshingano zo gufasha Abanyarwanda gukomeza kwishimira kwereka abanyamahanga umuco wacu kandi tukabikora mu gihe cyose baje gukinira mu Rwanda.”

Umuyobozi wa BAL Bwana Amadou Gallo Fall nawe yavuze ko gukorana na RDB mu mitegurire n’imikurikiranire ya ririya rushanwa.

Fall ati: “ U Rwanda rukomeje kuba kimwe mu bihugu by’intangarugero mu guteza imbere ubukerarugendo. Ubu bufatanye ni ingenzi mu gutuma ubukerarugendo bw’Afurika butera imbere, bukaba ubukerarugendo budaheza kandi burimo guhanga udushya hagamijwe kwerekana ibyo uyu mugabane ufite.”

Abayobozi bari bitabiriye iyi nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga

Imikino ya BAL izitabirwa n’amakipe umunani harimo na REG y’u Rwanda iherutse kuza ari iya mbere mu mikino y’amajonjora aherutse kubera muri Senegal.

Kugeza ubu REG BC yo mu Rwanda niyo ya mbere, igakurikirwa na US  Monastir yo muri Tunisia, hagakurikiraho AS SALE yo muri Maroc.

Andi makipe yitwaye neza muri kiriya gihe ni SLAC (Seydou Legacy Athlétique Club) y’i Conakry muri Guinea, igakurikirwa na Clube Ferroviário da Beira y’i Beira muri Mozambique nyuma hakaza Duke Blue Devils yo muri Cameron.

Amarushanwa y’amajonjora aheruka yarangiye  ku wa Kabiri taliki 15, Werurwe, 2022.

TAGGED:BALfeaturedIrushanwaMozambiqueREGRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umushinwa Shujun Sun Yagejejwe Muri Gereza Ya Rubavu
Next Article Gafotozi Ufatwa Nk’UWa Mbere Mu Rwanda Plaisir Muzogeye Yishimira Imyaka 11 Amaze Mu Kazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Uko DJ TOXXYK Yireguye Mbere Y’Uko Hemezwa Ko Afungwa By’Agateganyo

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbukungu

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?