Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2025 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ikipe Al Ahli Tripoli BBC yatsinze APR BBC amanota 90-68(Ifoto@IGIHE)
SHARE

Ikipe Al Ahli Tripoli BBC yatsinze APR BBC amanota 90-68 mu mukino witabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kandi iyitsinda iyirusha mu buryo bugaragara.

Wari umukino wa gatatu mu mikino iri gukinirwa irushanwa bise Nile Conference, rimwe mu yandi atatu agize irushanwa nyafurika cya Basketball bita  BAL 2025 riri kubera muri BK Arena.

Umukino waraye uhuje APR BBC na Al Ahli Tripoli BBC wari witabiriwe n’abafana benshi ariko ikipe y’u Rwanda irabatenguha.

Umwe mu bakinnyi bakomeye ba APR BBC batakinnye ni Aliou Diarra wagiriye ikibazo cy’imikaya mu mukino uheruka wahuje ikipe ye ya MBB yo muri Afurika y’Epfo.

Umukino ugitangira, wabonaga ko APR BBC ihagaze neza ndetse Chasson Randle ayitsindira amanota menshi biza kurangira agace ka mbere karangiye iri imbere  n’amanota 17 kuri 11 ya Al Ahli Tripoli.

Aka kabiri nako yakitwayemo neza, abakinnyi bayo barimo Obadiah Noel na Youssoupha Ndoye barayitsindira.

Gusa ntibyakomeje kuko abakinnyi ba Libya baje kwiminjiramo agafu banganya na APR BBC baza ko kuyicaho.

Abakinnyi bayo bakomeye bayizamuriye urwego ni Jean Jacques Boissy na Mohamed Sadi.

Ku isegonda rya nyuma ry’igice cya mbere Boissy yatsinze amanota atatu bituma ikipe ye  ijya mu karuhuko irisha mukeba inota kuko yari ifite 42-41.

Agace ka gatatu karanzwe n’umukino utuje cyane kuko  amanota yagabanutse ku mpande zombi.

Uko iminota yicumaga, ni ko ikipe ya Libya (Al Ahli) yongereye ikinyuranyo itsinda APR BBC igera ku manota 57-50.

Agace ka gatatu karangiye Al Ahli Tripoli ifite amanota 61 kuri 52 ya APR BBC.

Mu gace ka nyuma, yakomeje gutsinda APR BBC bitewe ahanini no gutakaza imipira kw’abakinnyi bayo, izamura amanota agera kuri 86 kuri 65 ya APR BBC, ni ukuvuga ikinyuranyo cy’amanota 21.

Umukino warangiye Al Ahli Tripoli yatsinze APR BBC amanota 90-68 uba umukino wa mbere itakaje muri itatu imaze gukina.

Kuwa Kane nibwo hazatangira imikino yo kwishyura, Al Ahli Tripoli ikazakina na Nairobi City Thunder saa 16:00, mu gihe APR BBC izakina na MBB saa 19:00.

TAGGED:APRIfotoIrushanwaKagameLibyaUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR
Next Article Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?