Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2025 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ikipe Al Ahli Tripoli BBC yatsinze APR BBC amanota 90-68(Ifoto@IGIHE)
SHARE

Ikipe Al Ahli Tripoli BBC yatsinze APR BBC amanota 90-68 mu mukino witabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kandi iyitsinda iyirusha mu buryo bugaragara.

Wari umukino wa gatatu mu mikino iri gukinirwa irushanwa bise Nile Conference, rimwe mu yandi atatu agize irushanwa nyafurika cya Basketball bita  BAL 2025 riri kubera muri BK Arena.

Umukino waraye uhuje APR BBC na Al Ahli Tripoli BBC wari witabiriwe n’abafana benshi ariko ikipe y’u Rwanda irabatenguha.

Umwe mu bakinnyi bakomeye ba APR BBC batakinnye ni Aliou Diarra wagiriye ikibazo cy’imikaya mu mukino uheruka wahuje ikipe ye ya MBB yo muri Afurika y’Epfo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukino ugitangira, wabonaga ko APR BBC ihagaze neza ndetse Chasson Randle ayitsindira amanota menshi biza kurangira agace ka mbere karangiye iri imbere  n’amanota 17 kuri 11 ya Al Ahli Tripoli.

Aka kabiri nako yakitwayemo neza, abakinnyi bayo barimo Obadiah Noel na Youssoupha Ndoye barayitsindira.

Gusa ntibyakomeje kuko abakinnyi ba Libya baje kwiminjiramo agafu banganya na APR BBC baza ko kuyicaho.

Abakinnyi bayo bakomeye bayizamuriye urwego ni Jean Jacques Boissy na Mohamed Sadi.

Ku isegonda rya nyuma ry’igice cya mbere Boissy yatsinze amanota atatu bituma ikipe ye  ijya mu karuhuko irisha mukeba inota kuko yari ifite 42-41.

- Advertisement -

Agace ka gatatu karanzwe n’umukino utuje cyane kuko  amanota yagabanutse ku mpande zombi.

Uko iminota yicumaga, ni ko ikipe ya Libya (Al Ahli) yongereye ikinyuranyo itsinda APR BBC igera ku manota 57-50.

Agace ka gatatu karangiye Al Ahli Tripoli ifite amanota 61 kuri 52 ya APR BBC.

Mu gace ka nyuma, yakomeje gutsinda APR BBC bitewe ahanini no gutakaza imipira kw’abakinnyi bayo, izamura amanota agera kuri 86 kuri 65 ya APR BBC, ni ukuvuga ikinyuranyo cy’amanota 21.

Umukino warangiye Al Ahli Tripoli yatsinze APR BBC amanota 90-68 uba umukino wa mbere itakaje muri itatu imaze gukina.

Kuwa Kane nibwo hazatangira imikino yo kwishyura, Al Ahli Tripoli ikazakina na Nairobi City Thunder saa 16:00, mu gihe APR BBC izakina na MBB saa 19:00.

TAGGED:APRIfotoIrushanwaKagameLibyaUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR
Next Article Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?